RFL
Kigali

Sheikh Sabah: Umwe mu bayobozi b’ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Abarabu byo mu Kigobe yitabye Imana

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:30/09/2020 6:38
0


Emir wa Kuwait, Sheikh Sabah wari umaze kugira imyaka 91 yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri. Uyu ‘mwami’ yari amaze iminsi avurirwa muri Amerika. Uyu mukambwe yari amenyereweho kuba umuhuza mu biganiro by’amahoro mu Muryango w’Ibihugu by’Abarabu biherereye mu kigobe y’Abaperesi.



Sheikh Sabah al-Ahmad al-Jaber al-Sabah yavutse mu mwaka wa 1929. Uyu nyakwigendera yagiye agaragara mu myanya ikomeye y’igihugu cye dore ko mbere yo kwimwikwa nka Emir wa Kuwait yanayibereye minisiteri w’ububanyi n’amahanga mu gihe cy’imyaka 40.

Mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru Al Jazeera, umunyamakuru ukorera muri Kuwait witwa Michelle Fe Santiago yatangaje ko iki gihugu kibuze umuntu wari ingenzi cyane muri politiki y’ubukungu n’umutekano wacyo. Yongeyeho ko atari Kuwait gusa yagakwiye kujya mu cyunamo kuko n’ Umuryango w’Ibihugu by’Abarabu byo mu Kigobe ubuze inkingi ikomeye dore ko ari we wari umuhuza mu biganiro byahuzaga abanyamuryango.

Muri Kamena 2017, Saudi Arabia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafatiye ibihano Qatar biyishinja gute inkunga imitwe y’iterabwoba ikorera mu karere kimwe no gukorana bya hafi n’umwanzi wabyo, Iran. Muri ibi bihano harimo ko Qatar itari yemerewe ubuhahirane n’ibi bihugu byavuzwe ruguru ndetse no gukoresha ubutaka, ikirere cyangwa amazi y’ibi bihugu.

Twakwibutsanya ko mu biganiro byari agamije guhosha uyu mwuka mubi hagati ya Qatar na Saudi Arabia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu; Emir wa Kuwait, Sheikh Sabah ni we wari umuhuza.

Nyuma yo kubika Sheikh Sabah al-Ahmad al-Jaber al-Sabah, inama ya guverinoma yahise itorera igikomangoma Sheikh Nawaf al-Ahmad al-Sabah w’imyaka 83, kusa ikivi cya nyakwigendera. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND