RFL
Kigali

Adolo yisunze Bulldogg bakora indirimbo “Operation” ivuga ko bakomeje gushakisha ifaranga-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:25/09/2020 14:21
0


Kwiyumvamo impano no kuyigaragaza ni bimwe mu biha umuhanzi imbaraga zo gukora, kuri ubu umuhanzi twafata nk’amaraso mashya muri muzika Nyarwanda, Adolo yifashishije umuraperi mugenzi we, Bulldogg basohora indirimbo bise “Operation” baririmbamo ko umuntu ahora ahiga amafaranga iteka.



INYARWANDA.COM twaganiriye n’uyu muhanzi ukora injyana ya Hip Hop, Adolo, tumubaza ingamba azanye muri muzika n'aho yifuza ko izagera. Adolo kugeza amagingo aya afite indirimbo 2. Indirimbo ya mbere yayise “Kugasongero” naho “Operation” ikaba ari yo ndirimbo ya kabiri ashyize hanze.


Adolo ku ruhande rwo guhitamo umuhanzi Bulldogg nk’umwe bakorana indirimbo yavuze ko asanzwe yubaha abahanzi bafite impano kandi akaba umuhanzi ucisha make. Ati: “Nahisemo Bulldogg ngo dukorane indirimbo kuko kuva kera naramukundaga kandi ikindi ntabwo ajya agorana cyane, akunda abahanzi bafite impano akabafasha mu gihe bamuteguje, Bulldogg nkunda indirimbo ze cyane nakuze mukunda kimwe mu byampaye imbaraga zo kuba twakorana indirimbo”.

Ku butumwa yashaka gutambutsa mu ndirimbo “Operation”, Adolo yemeza ko abantu bahora bakora cyane mu rwego rwo kubona amafaranga nabo nibwo buryo babijyanishijemo. Intego ye muri muzika, yashimangiye ko azakorana imbaraga nyinshi agatanga umuziki mwiza.

Adolo, umuhanzi akaba n’umucuruzi w’inkweto mu mujyi wa Kigali yagize ati: “ Nkora umuziki nkanabivanga no gucuruza inkweto z’amoko yose. Numva nanjye ngeze ahantu heza muri muzika byanshimisha kurushaho. Ibi byose umuntu abigeraho kubera gukora cyane no gutambutsa ubutumwa bwiza muri rubanda, yewe n’abakunzi ba muzika bakamuha ibitekerezo”.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO OPERATION YA ADOLO FTBULLDOGG


   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND