RFL
Kigali

2020: Bobi Wine ayoboye urutonde rw’abahanzi 10 bakize kurusha abandi muri Uganda

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:23/09/2020 16:38
0


Umuziki ni kimwe mu bintu byinjiza amafaranga menshi cyane ku muhanzi, gusa bisaba gukora cyane. Mu bihugu bimwe na bimwe bitaratera imbere muri muzika biragorana kumenya umuhanzi ukize kurusha undi. Kuri ubu muri Uganda hagaragajwe abahanzi 10 bakize kurusha abanda n'ubwo baterekana amafaranga mbumbe batunze.



Burya umuhanzi kumenya umutungo we hari ibyo aterekana byose mu byo yagezeho. Igitangaje muri uru rutonde rw'abahanzi bakize cyane muri Uganda, harimo abahanzi batakivugwa basa n’abacitse intege nubwo abenshi bagikora muzika kandi mu buryo bukomeye cyane.

1.Bobi Wine

Video: Bobi Wine Wows Jamaica With Epic Performance At 'Rebel Salute' |  Chano8

Magingo aya, iyo uvuze izina “Bobi Wine”, abenshi bahita bumva umunyapolitiki kurusha umuhanzi. Yavuzwe cyane mu guhera mu 2019 aho yatangazaga ko ashaka kwiyamamariza kuba Perezida wa Uganda dore ko ashyigikiwe. Bobi Wine ni umuhanzi mu njyana ya Dancehall. Yatangiye gukora muzika kuva mu ntangiriro ya 2000.

Bigaragara ko Bobi, ari umucuranzi uremerewe cyane muri Uganda. Yagiye akorana amasezerano n’amasosiyete akomeye, yaba aya Leta cyangwa ayigenga harimo; MTN, Minisiteri y’ubuzima, Banki ya Centenary yanakoranye n’igiko cy’ubukangurambaga ku gakingirizo k'ubuzima (Life Guard Condoms).

Afite inyubako y’igorofa ya Ssemakokiro Plaza nandi magorofa. Bobi ari mu buhinzi bw’ubucuruzi kandi ni we nyiri “One Love Beach” iri hafi y’Ikiyaga cya Victoria. Biravugwa ko atunze Tagisi nyinshi, ubwato bwihuta n'imodoka nziza. 

Afite inzu ihenze iri ku butaka bunini bwa hegitari ebyiri muri Magere. Perezida wa Ghetto (Bobi Wine) ni umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko kandi yizeye ko azahatana mu matora ya Perezida azaba mu 2021.

2. Jose Chameleone

Jose Chameleone Net Worth - How Much Does Jose Chameleone Make? | Popnable

Icyamamare Jose Chameleone yavutse mu 1979. Yatangiriye umwuga we w'umuziki muri Kenya nka DJ hamwe n'aba DJ ba AGOPA. Amaze imyaka 20 muri muzika. Mu myaka yashize yasinyanye amasezerano yo kwemeza imari n’amasosiyete akomeye nka Nile Special, Startimes, MTN, Cocacola, Pepsi, Uganda Cranes n'izindi.

Nyuma ya Muzika, Chameleone ari mu buhinzi bw’amatungo. Afite ibirometero byinshi muri Mubende na Mityana aho bigaragara ko afite ibiti by'inanasi amahegitari. Mu mitungo itimukanwa afite inyubako nyinshi muri Kampala no hafi yayo. Afite amato menshi yo kugendana, amazu mu gihugu, no hanze yaho nko muri Amerika. Yaje ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde mu gihe mu myaka yatambutse ari we wari uyoboye ndetse yanazaga ku isonga mu karere.

 3. Ragga Dee

Ragga Dee yitabye urikiko nyuma yo guteza imidugararo mu mujyi wa Kampala |  celebz Magazine

Uyu muhanzi utakivugwa ku ruhando rwa muzika ya Uganda no hanze yaho, Ragga Dee afite amateka maremare muri Muzika. Ni umucuranzi uzwi cyane muri Afurika. Ni umucuranzi wa mbere winjije ibicuruzwa bihenze kandi byiza muri Uganda. Yabonye imodoka ya Hummer mu 2006. Uyu munyabigwi afite imutungo itimukanwa kandi afite label yanditse yitwa Buggie Empire.

4. Geoferey Lutaaya

Geoffrey Lutaaya Music - Free MP3 Download or Listen | Mdundo.com


Ni umuhanzi ufite, amateka muri Uganda. Yari umwe mu bashinze “Eagles Production”, akaba n’umuyobozi wayo. Afite hotel nto (motel) ebyiri na hoteri imwe, wongeyeho club. Afite inzu ihenze hamwe n’imodoka nyinshi. Lutaaya n’umugore we bafite ubutaka butari buke.

5.Sir Mesach

I Miss My Old Friend Geoffrey Lutaya Says Mesach Semakula | Chano8

Ni umuhanzi ukorana bya hafi na Geoferey Lutaaya kuko nawe yabaye umwe mu bashinze ibikorwa bya Eagles Productio, icyo gihe akaba n'umwe mu bayobozi bakuru bayo. Ssemakula kuri ubu ni umuyobozi muri Golden Band Production. Ni umwe mu bahanzi bake bamenyekanye akitwa "Nyakubahwa". Sir Mesach Ssemakula afite Kann Studio imwe muri Studio izwi cyane yo gufata amajwi muri Uganda. Afite amazu menshi mu bice bitandukanye mu gihugu.

6. Ronald Mayinja

Singer Ronald Mayinja Disowned By Democratic Party

Ronald nawe ni umuherwe wagize uruhare mu itsinda ryayoboye ishingwa ry’itsinda rikomeye (Eagles Production band). Yinjiye kandi mu bucuruzi bwo kwakira abashyitsi kuba nyir'amahoteri ya Roma na Roma Wares. Bwana Ronald afite kandi amakamyo menshi y’ubucuruzi akoreshwa mu gutwara ibicuruzwa byinshi mu gihugu hose.

7.Bebe cool

Bebe Cool and Bobi share pleasantries – Sqoop – Get Uganda entertainment  news, celebrity gossip, videos and photos

Moses Sali uzwi nka Bebe Cool, yatangiye umuziki we nk’umwuga muri Kenya yari mu itsinda ryo muri Afurika y'Iburasirazuba ryitwa “Reggae Bashment”. Minisitiri Sevo aherutse kumuha Land Cruiser V8 kubera kumubera indahemuka. Ni Ambasaderi w'ikirango cya Guinness, UgaChic na Uganda Cranes. Afite sitidiyo y’umuziki. Afite kandi ibyumba mu nyubako za Kiwatule n'imodoka zitwara abagenzi.

8. Eddy kenzo

Image result for EDDY KENZO 

Eddy Musuuza uzwi ku izina rya Eddy Kenzo ni umwe mu bahanzi bake bo muri Uganda bagerageza gusakaza umuziki wa Uganda mu bihugu byo muri Afurika ndetse no ku isi yose. Afite imodoka zihenze zirimo; Range Rover Sport ebyiri, Land Cruiser, BMW n’izindi. 

Kenzo yashoboye gutsindira ibihembo byinshi by’umuziki harimo na BET igihembo cyamugize umuhanzi ukunzwe cyane wo muri Uganda no hanze yaho. Ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane kandi akorana n’amasosiyete akomeye arimo Airtel akaba na Ambasaderi w’ubukerarugendo. Afite inzu ihenze n'umutungo utari muto bituma aba umwe mu bahanzi bakize muri Uganda.

9.Grave Nakimera

Grace Nakimera Finally Drops Another Gospel Song

Ni umuhanzikazi bavuga ko ari umwe mu bitwaye neza muri Uganda. Biboneka ko yarazwe n’ubutunzi akesha cyane mu mu buhinzi bugezweho. Mu mitungo itimukanwa afite amazu n’ubutaka i Kampala no mu bice byinshi bya Uganda.

10.Hajji Haruna

Singer Haruna Mubiru Blames Tubonga Nawe Song For His Declining Quality of  Life - Uganda Mirror

Hajji Haruna, azwi cyane ku bikorwa bye bikomeye. Yari umunyamuryango wa Eagles Production yakoranye kandi yitwara neza hamwe n’iri tsinda. Yashinze “Kream Production”. Hajji Haruna yubatse amagorofa menshi mu mujyi kandi hejuru y'ibyo yari afite inzu ihenze cyane hamwe n’imodoka.

Ubushakashatsi bwakozwe na Galagxyfm.co.ug dukesha iyi nkuru bwerekana ko aba bahanzi 10 ari bo bafite amafaranga menshi kurenza abandi bose n'ubwo bamwe muri bo batarenza umuziki wabo imbibi za Uganda.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND