RFL
Kigali

MU MAFOTO: Kuva Perezida Evariste Ndayishimiye yatorerwa kuyobora u Burundi yakoze udushya tudasanzwe n’umufasha we

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:23/09/2020 14:32
1


Ni kenshi cyane usanga abayobozi bo mu nzego zo hejuru cyane cyane abakuru b’Ibihugu badakunda kwisanisha n’abaturage bo hasi cyane. Iyo benshi batembera, baba barinzwe cyane ugasanga abaturage bifuza kubabona. Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimye we akomeje kugaragara mu bikorwa bitanganza benshi.



Mu minsi yashize, amafoto hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga yatangiye gucaracara yerekana uburyo umuyobozi w’Igihugu cy’u Burundi, Ndayishimiye yikoreye Ijerikani yuzuyemo urwagwa anarusangira n’abaturage, ubwo yifatanyaga na bo mu birori byo kwizihiza umunsi w’Amakomine.

ndayishimiye hashtag on Twitter

Gen, Evariste Ndayishimiye kandi yagaragaye yikoreye umufuka wuzuyemo ibiryo byo gufasha abaturage. Uko aba agaragara aba yerekana ko ari umuntu usanzwe kuko nta murinzi buhambaye buba bumukikije wenda aho abantu bavuga ko ari ukubikora nk’umuhango w’iminota mike. 

Mu kwikorera Ijerikani, tariki ya 01 Kanama 2020, Perezida  Evariste yari i Gitega muri komini Giheta akora urugendo rurerure yikoreye we n’umugore we nk’abandi baturage basanzwe. Yongeye kugaragara yifatanije n’abakaraza mu Burundi hizihizwa umunsi mukuru wo gushyigikirana, aha yari yirekuye avuza ingoma karahava ibyuya birabira. Hari aho yanagaragaye bari guhinga aho bahinze ahantu hanini.

Gen.Evariste NDAYISHIMIYE wiyamamariza kuba Perezida yagaragaye yikoreye  imfashanyo y'abaturage bagizweho ingaruka y'ibiza - Ibisigo - Amakuru  ashyushye

Icyongeye gutangaza benshi, ni uburyo bongeye kubona Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ateruye ingurube yo koroza abaturage b’u Burundi. Abaperezida benshi hirya no hino ku Isi aho banyuze cyangwa bari bunyure ibintu bihindura isura, umutekana ugakazwa ku rwego rwo hejuru;

Isuku igakorwa, imodoka zisanzwe zigahagarara kugeza Perezida w’Igihugu runaka atambutse. Ndayishimye n'ubwo yabaye Perezida hari imico ikimuranga mu kwihuza n’abaturage agakora imirimo bakora, gusa na none si bose babimushimira kuko hari abavuga ko umu Perezida adakwiriye kwitwara gutya.


  

Aha Perezida , Evariste Ndayishimiye yari yikoreye Ijerekani yuzuye Urwagwa ari kumwe n'umufasha we

Burundi: Perezida Ndayishimiye yagaragaye

Yicaranye n'abaturage basoma ku rwagwa

Burundi: Perezida Ndayishimiye yagaragaye

Burundi PR Machinery Begins Face-lifting President Gen.Ndayishimiye –  Taarifa Rwanda

Evariste Ndayishimiye n'umugore we bahinga mu murima

Burundi: Perezida Ndayishimiye yagaragaye yikoreye umufuka ku munsi mukuru  wahariwe gushyigikirana [AMAFOTO]

Burundi: Perezida Ndayishimiye yagaragaye yikoreye umufuka ku munsi mukuru  wahariwe gushyigikirana

Perezida Ndayishimiye mu gikorwa cyo gufasha abatishoboye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rukundo2 months ago
    Telereza president uterura ingurube. Ngo arashaka guhindura ubutegetsi bwo mu Rwanda? Akumiro ni amavunja.





Inyarwanda BACKGROUND