Ikipe ya Kiyovu Sports yakirira imikino yayo ku Mumena ikomeje kuvugwamo ibibazo bitandukanye bishingiye ku miyoborere aho bamwe mu banyamuryango b'ikipe bashaka inkoni y'ubuyobozi.
Kuva
umukunzi w'ikipe ya Kiyovu Sport Mvukiyehe Juvenal yakiyegereza iyi kipe yagiye ayifasha mu
bikorwa bitandukanye harimo kuyigurira abakinnyi, imodoka ndetse n'inama
zitandukanye. Abakurikiranira hafi
ubuzima bw'ikipe batangiye gutekereza ko ari uburyo bwiza Juvenal yakoresheje
kugira ngo azayobore iyi kipe yambara ubururu n'umweru.
Komite
yari iyoboye Kiyovu Sports yarangije Manda yayo mu ntangiriro z'ukwezi kwa
Nzeri gusa iracyakora mu nzibacyuho kuko hatarabaho amatora yemeza Komite nshya.
Mvuyekure
Francois uyoboye komite icyuye igihe na we avuga ko yiteguye gukomeza kuyobora
ikipe ya Kiyovu Sports. Ati; "Abakunzi ba Kiyovu Sports nibifuza ko nongera kubayobora nzabikora kuko ni ikipe
yanjye kandi nkunda. Mfite ubushake bwo kuyiyobora mu gihe cyose abanyamuryango
bazaba bangiriye icyizere ".
Mvuyekure Francois usanzwe uyobora Kiyovu Sports
Muri
Kiyovu Sport kandi hakomeje kuba inkundura yo gushaka guhindura sitati y'ikipe,
hakavamo zimwe mu ngingo zibuza bamwe mu banyamuryango kwiyamamaza. Imwe muri sitati abakunzi ba
Kiyovu Sports batari bose bashaka ko yahinduka, harimo itegeko rivuga ko nta
munyamuryango wemerewe kuyobora ikipe ya Kiyovu Sport nibura atamaze imyaka
ibiri ari umunyamuryango wayo. Itegeko risohora ku mugaragaro Mvukiyehe Juvenal ku buyobozi bwa Kiyovu
Sport ko we nibura ubu agiye kuzuza amezi abiri abaye umunyamuryango wemewe wa
Kiyovu Sport.
Hari
uburyo bwakoreshwa Juvenal akayobora Kiyovu Sport?
Buriya
umunyarwanda yavuze ko aho ifaranga rikubise horoha, ariko uzatinye itegeko. Bamwe
mu bakunzi ba Kiyovu Sports bafite icyizere ko ikipe yabo ihawe Juvenal ngo
ayiyobore yabaho neza ikajya ihemba ndetse ubuzima bugahinduka ikintu umufana
wese yakwifuza ku ikipe ye.
Mvukiyehe Juvenal yasinyishije abakinnyi benshi muri iyi mpeshyi
Ubusanzwe
Kiyovu Sports ifite abanyamuryango 130 bemewe muri abo 70 banditse basaba ko
imwe mu myanzuro yafashwe n’akanama ka Komisiyo y'amatora k'iyi kipe ko hari
imwe mu myanzuro yahindurwa buri mu nyamuryango wese akaba yakwiyamamariza
kuyobora Kiyovu nta rutangira. Gusa hari bamwe mu banyamuryango bavuga ko
basinyiwe kuko biyandika ku rutonde bari baziko ari urutonde rw'abantu bazapimwa
Coronavirus gusa nyuma bakumva ko ngo rwari urutonde rw'abanyamuryango bashaka
impinduka.
Bidatinze, Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwahise bwanga
ubu busabe bavuga ko mu ngingo ya 13 y'amategeko shingiro y'umuryango Kiyovu
Sports, iteganya ko mu nteko rusange idasanzwe higwa gusa ku cyatumwe itumizwa.
Rero kuba inteko rusange yaramaze gutumizwa, ku gihe cyagenwe ikaba izaba ku wa
27 Nzeri 2020 bitakunda ko hongerwamo indi ngingo.
Bamwe mu bakunzi b'urucaca batewe impungenge n'ibibazo ikipe yabo irimbo
Kutumvikana mu buyobozi bw'ikipe y'umupira w'amaguru mu Rwanda, bimaze igihe
byarashinze imizi mu ikipe ya Rayon Sports by'umwihariko kuva Munyakazi Sadate
yafata iyi kipe yavukiye i Nyanza. Munyakazi yasanze icyitwa ishyamba na we
avuga ko aje iryo shyamba akaritwika rigakongoka.
Ese kutumvikana mu bashaka kuyobora Kiyovu Sports,
ihindurwa ry'amategeko rya hato na hano, ntibyaba biri kuganisha Kiyovu Sports
mu nzira yo gucikamo ibice ikajya iyoborwa n'umuyobozi ufite agatsiko
katamwemera ibihe Rayon Sports
isohotsemo hifashishijwe izindi nzego ?
TANGA IGITECYEREZO