Kuri uyu wa Mbere ni bwo Isi yose yizihizaga imyaka 75 Umuryango w’Abibumbye umaze ushinzwe. Nk'uko byagakwiye kugenda, uyu munsi wagombaga guhuriza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ku cyicaro cy’uyu muryango, i New York mu nteko rusange ariko si ko byagenze kubera icyorezo cya COVID-19.
Kuri
iyi Yubire y’imyaka 75 Umuryango w’Abibumbye umaze ushinzwe, igitekerezo cy’uko
uyu muryango washyira imbere amavugururwa muri wo gikomeje kugarukwaho n’abanyamuryango
bawo. Iyi yubire isanze uyu muryango ukomejegutungwa agatoki ko hari bimwe mu
bibazo mpuzamahanga ukomeza kurebera kandi byugarije isi.
Twakwibukiranyako
iyi sabukuru yagombaga guhurirana n’inteko rusange y’uyu muryango. Iyi nteko
rusange ntizaterana nkuko byari bisanzwe ahubwo abakuru b’ibihugu na za
guverinoma. Aba bayobozi bakuru b’ibihugu; buri wese azageza ijambo ku
banyamuryango binyuze mu mashusho yafatiwe mu gihugu cye nuko atangarizwe mu
cyumba cy’inteko rusange igomba kuba irimo abahagarariye ibihugu byabo mu
Muryango w’Abibumbye.
Nkuko
tubikesha urubuga rw’uyu muryango, mu gihe hizihizwa iyi myaka 75, uyu muryango
uratabaza ko amahanga yose yagira icyo akora muri ibi bihe bitoroshye isi
irimo. Uru rubuga rukomeza rwerekana bimwe mu bibazo bikomeye byugarije isi harimo:
amakimbirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bushinwa, icyorezo cya
COVID-19, intambara hirya no hino, imihindagurikire y’ikirere, ubukungu
butifashe neza ndetse n’ibindi.
Umunyamabanga
mukuru w’uyu muryango, Antonio Guteres yatangaje ko igishyizwe imbere atari uko
isi yayoberwa hamwe, ahubwo ko igikenewe ari uko yajya ishakira hamwe ibisubizo
biyugarije.
Kuri
uyu wa mbere kandi hirya no hino mu bihugu hagiye hizihizwa iyi yubire mu buryo
butandukanye. Mu Rwanda uyu muhango witabiriwe na Nyakubahwa Minisiteri w’Intebe,
Dr.Eduard Ngirente ndetse na bamwe mu bayobozi bahagarariye ibikorwa by’uyu
muryango.
TANGA IGITECYEREZO