RFL
Kigali

Rayon Sports yatangaje ko ibibazo yari ifitanye na Ivan Minnaert byakemutse

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:15/09/2020 9:38
0


Nyuma y’igihe kitari gito uwahoze ari umutoza wa Rayon Sports Ivan Mianert yishyuza iyi kipe Miliyoni zirenga 14 Frws ndetse bakaburana igihe kirekire, byanashobokaga ko iyi kipe yafatirwa ibihano bikomeye, ariko byarangiye impande zombi zumvikanye, maze iyi kipe ihita itangaza ko ibibazo yari ifitanye n’uyu mutoza byakemutse.



Mu butumwa iyi kipe yanyujije ku rukuta rwayo rwa twitter yagize iti: "Ibibazo twari dufitanye (Rayon Sports) na Ivan Minaert byakemutse"! Munsi y’ubu butumwa bashyizeho ifoto umuyobozi w’iyi kipe Sadate Munyakazi na Ivan Minaert bahanye inkokora.

Umuyobozi wa Rayon Sports, Sadate Munyakazi, anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze yatanze ubutumwa bugira buti "Ibibazo bigira igihe cyabyo bikarangira". Rayon Sports ntiyatangaje niba yishyuye mu mafaranga umutoza Ivan Minaert.

Inyarwanda yagerageje kuvugana n’umuvugizi w’iyi kipe kugira ngo asobanure neza ibyo iyi kipe na Minaert bumvikanye ariko ntibyakunda.

Amakuru Inyarwanda ifite avuga ko Rayon Sports yemereye Minaert kugirwa umuyobozi wa tekinike muri Rayon Sports akibagirwa iby’umwenda bamufitiye nawe arabyemera.

Nyuma yo kwirukanwa na Rayon Sports mu buryo buhabanye n’amategeko, akaza kurega iyi kipe mu bihe bitandukanye, Rayon sports ikajuririra ibyemezo yagiye ifatirwa ku mafaranga igomba kwishyura uyu mutoza, byarangiye Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA yemeje ko Minaert yishyurwa 14 320$ hamwe n’amafaranga y’u Rwanda 500 000.

Rayon Sports yemeje ko ibibazo yari ifitanye na Minaert byakemutse





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND