RFL
Kigali

Keep Up With The Kardashians: Ibiganiro byakorwaga n’abagize umuryango w’Abakadashiyani byahagaze nyuma y’imyaka 14

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:9/09/2020 12:36
0


Kuwa Kabiri w’iki cyumweru Kim Kardashian abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yatangaje ko abagize umuryango we bafashe icyemezo cyo guhagarika ibiganiro byacaga kuri televiziyo bizwi nka ‘Keep Up With The Kardashians’ nyuma y’imyaka 14 byari bimaze bikorwa.



Kim Kardashian yatunguye abakunzi be ubwo yabatangarizaga ko umuryango we wafashe icyemezo cyo guhagarika ibiganiro byakundwaga n'abatari bacye byari bimaze imyaka 14 bitambuka kuri televiziyo bizwi nka ‘Keep Up With The Kardashians’.

Ibi biganiro byafashije Kim Kardashian n’abavandimwe be ari bo: Kourteny, Khloe, Kylie na Kendall kwamamaza ibikorwa byabo bitandukanye bakora harimo imideli ndetse n’imitako y’ubwiza. Uyu mugore nta mpamvu yatangaje yatumye bahagarika ibi biganiro ariko mu butumwa televiziyo ya E! Network yatambutsaga ibi biganiro yatangaje ko bubashye icyemezo uyu muryango wafashe cyo kubaho ubuzima bwabo hanze ya kamera.

Mu myaka micye ishize bamwe mu bavandimwe ba Kim barimo nka Kourteny bamaze igihe kitari gito batagaragara muri ibi biganiro bitewe n’impamvu zabo zitandukanye. Kim Kardashian nawe yagiye ahura n’imbogamizi zitandukanye harimo n’ibibazo byari mu muryango we ndetse n’ibikorwa umugabo we Kanye West arimo byo kwiyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kardashians

Ibi biganiro byari bikunzwe n'abatari bacye

Ibi biganiro byakurikiwe n’abatari bacye, cyane cyane ku nkuru zitandukanye zavugwaga kuri uyu muryango harimo nk’ubukwe bwa Kim Kardashian n’uwahoze ari umugabo we Kris Humphries ndetse n’umuraperi Kanye West. Izindi nkuru zakurikiwe cyane harimo nk’ubujura Kim Kardashian yakorewe mu mujyi wa Paris, itandukana rya Khloe Kardashian n’umukinnyi wa Basiketi Lamar Odom, ukwihinduza igitsina (Transgender) kwa Caitlyn Jenner umukuru w’uyu muryango wahoze yitwa Bruce Jenner.

Mu butumwa Kim Kardashian yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yabwiye abakunzi b’ibi biganiro ko umuryango we ubabajwe no kubamenyesha ko bafashe icyemezo cyo guhagarika ibi biganiro aho ibiganiro bya nyuma bizatambuka kuri televiziyo mu mwaka utaha wa 2021. Yakomeje ashimira abakunzi be ndetse n’umuryango we muri rusange bamubaye hafi mu mwaka 14 ishize.

E! Network yatambutsaga ibi biganiro mu butumwa yatanze yashimiye uyu muryango ndetse n’abagize itsinda ryateguraga ibi biganiro, ubufatanye babagaragarije mu myaka yose bamaze bafatanya. Iyi televiziyo kandi iherutse gutangaza ko ibi biganiro byarebwaga ku mpuzandengo y'abagera kuri Miliyoni imwe, aho mu barebaga ibi biganiro bari hagati y’imyaka 18 na 49 y’amavuko. 

Ibi biganiro kandi byatumye abagize uyu muryango bakurikirwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga aho abagize uyu muryango bose bakurikirwa n’abarenga miliyoni magana arindwi mirongo inani n’ebyiri n’ibihumbi magana ane (782.4 M followers) ku rubuga rwa Instagram gusa. Muri Gicurasi uyu mwaka, urubuga rwa Netflix rwerekana amafilime kuri murandasi rwatangaje ko rugiye gutangira kwerekana ibi biganiro mu Bwongereza.

Src: Daily Mail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND