Umugore n’umugabo baratandukanye cyane. Hari byinshi bibigaragaza, gusa muri iyi nkuru turivugira bike mu bigaragaza itandukaniro riri hagati y’umugabo n’umugore twibanze ku bintu bakora mu buryo butandukanye.
1.Kwayura
Abagabo iyo
bayuye bapfuka umunwa bakoresheje igipfunsi, mu gihe umugore iyo yayuye apfuka
umwunwa akoresheje ikiganza. Birashobora ko aribyo babona bigaragaza ubwiza
n’ubugore, abagabo kwayura bagapfuka umunwa n’igipfunsi bibagaragaza
nk’abanyembaraga.
2.Gukuramo
imyenda
Abagabo iyo
bagiye gukuramo umupira banyuza amaboko hejuru y’urutungu bagafata ikora
ry’umupira bagakurura mu gihe abagore iyo bagiye gukuramo umupira
babisikanyiriza amaboko imbere bagafatira umupira munsi y’amaha bakazamura.
3.Kuzamura
ikiganza
Iyo basabwe
kuzamura ikiganza, abagabo ahari kubera ko ntacyo baba bashaka guhisha berekana
mu kiganza mu gihe abagore berekana inyuma y’ikiganza. Abagore bashobora kuba
baba bashaka kwerekana ubwiza bw’inzara.
4.Kujugunya
balo
Abagabo iyo
bagiye kujugunya umupira wo gukina, bajyana amaboko inyuma banyujije hejuru
y’umutwe bakabona bakayazana imbere n’imbaraga. Abagore iyo bagiye kujugunya
balo bayifata mu biganza byombi bagashiburira imbere yabo bajyana hejuru.
Impamvu ituma babikora gutya ntabwo iramenyekana.
5.Kwicara
Abagore iyo
bicaye bakunda kugereka akaguru ku kandi, mu gihe abagabo bakunda gutandukanya
amaguru kamwe kakajya ukwako akandi ukwako. Ibi biterwa n’uko ahanini abagore n’abagabo
batambara imyambaro iteye kimwe. Umugore wambaye ijipo cyangwa ingutiya ntabwo
yakwicara ngo atandaraze byamwambika ubusa, iyi niyo mpamvu ituma begeranya
amaguru byaba na ngombwa bakayagerekeranya.
6. Kumva
amajwi
Inzobere zivuga
ko amatwi y’abagore afite ubushobozi bwo kumva amajwi kurusha ay’umugabo, by’umwihariko
iyo bigeze ku majwi y’umwana uri kurira cyangwa urusaku rw’ifirimbi. Umugabo arakomeza
agasinzira umwana ari kurira nk’aho nta cyabaye mu gihe umugore aba yabyumvise
kare.
Iyo ipusi
ivugiye ahantu kure umugore afite ubushobozi bwo kubyumva umugabo ntabyumve
gusa umugabo afite ubushobozi bwo kumenya icyerekezo ijwi rivugiyemo kurusha
umugore.
7.Gutandukanya
iburyo n’ibumoso
Ubushakashatsi
bugaragaza ko ubwonko bw’umugabo bufite ubushobozi bwo kumumenyesha iburyo bwe
kurusha ubw’umugore. Umugore iyo umusabye guhindukirira ibumuso bimusaba
kubitekerezaho, agatekereza ku kiganza yambaye ho impeta, akaboko yandikisha
kugira ngo amenye ibumoso bwe mu gihe umugabo bimufata amasagonda make cyane
akaba yamenye gutandukanya iburyo n’ibumoso.
8. Kureba
Amaso y’abagabo
ntabwo afite ubushobozi bwo kubona ibintu biri mu byerekezo bitandukanye, niyo
mpamvu abagabo bakunze gushinja abagore kubahisha ibikoresho. Ukumva umugabo
ari gutongana ngo ariko amasogisi yanjye,imfunguzo zanjye, ikofi yanjye muba
mwabihishe he. Ni ukubera ko amaso y’abagabo akora nk’indebakure ‘binocular’
abona ibintu biri mu cyerekezo kimwe, afite icyo mu Cyongereza bita ‘Tunnel
vision’.
Amaso y’umugore
yo afite ubushobozi bwo kubona ibintu biri mu byerekezo bitandukanye, mu Cyongereza
babyita ‘peripheral vision’. Iyi niyo mpamvu muri parikingi umugore
adapfa gukobora imodoka ye cyangwa izindi nk’uko bibaho ku bagabo.
9. Kuzirika
ikanzu yo kogana
Abagabo ikanzu
yo kogana bayizirikira mu rukenyerero mu gihe abagore bayizirikira mu nda
hejuru. Bikekwa ko impamvu abagore bayizirikira hejuru ari uko baba bashaka
kugaragaza imiterere yabo n’ubwo baba bambaye ikintu gitaratse cyane. Abagabo ibyo
kugaragaza imiterere y’umubiri wabo ntabwo baba babyitayeho.
10.
Gusobanura ibintu
Umugore n’umugabo
iyo binjiye mu cyumba kirimo abantu benshi icyo umwe yitaho sicyo undi yitaho. Umugore iyo
yinjiye mu cyumba kirimo abantu benshi arebamo ko hari abantu baberewe n’ababeranye
n’abataberanye.
Mu gihe
umugabo ikintu cya mbere areba ari aho ashobora kunyura akiza amagara ye igihe byaba ngombwa (exit) no kureba ko muri icyo cyumba harimo abantu baziranye, cyangwa umugizi wa nabi.
11.
Kurangiza inshingano
Ubwonko bw’abagabo
buteye ku buryo bubategeka gukora ikintu kimwe bakakirangiza bakabona kugira
ikindi bakora. Umugabo uramutse umuvugishije ari kwiyogosha uba umwongereye
ibyago byo kwikata. Mu gihe abagore bafite ubushobozi bwo gukorera imirimo
myinshi rimwe kandi ntihagire icyangirika.
Ibi hari
ababihuza n’imikorere y’ubwonko gusa hari abavuga ko ari ubushobozi bushingiye
ku bunararibonye kuko kera umugabo yahigaga gusa mu gihe umugore yabaga
yasigaraganye n’abana mu rugo agomba guteka akabagaburira kandi agakora n’imirimo
yose yo mu rugo ari umwe kandi ari myinshi.
12.Guhangana
n’ibibazo
Abagore iyo
bahuye n’ikibazo bahamagara ba nyina, inshuti cyangwa abaturanyi bakababwira
ikibazo bagize cyangwa bakajya ku mbuga nkoranyambaga no muri za ajenda zabo
bakandika ibyabayeho bikabafasha gutuza. Abagabo bo iyo bahuye n’ikibazo bajya
mu nzu bagakinga bakareba televiziyo cyangwa bakaryama ahantu hatuje, bamara
gutuza bagashaka igisubizo cy’icyo kibazo, igisubizo kikava muri bo.
13.Kwibuka
amakuru
Ubwonko bw’abagore
bugereranywa n’akabati kuzuye ibikoresho bitandukanye kandi buri gikoresho
kikaba mu mwanya wacyo. Umugore yibuka umuntu wese bahuye n’uko byagenze,
yibuka buri muntu baziranye n’ubwoko bw’ibiryo akunda, afata mu mutwe amatariki
y’amavuko y’abantu, akibuka icyo nyina yamusabye gukora, n’ibyo abana bakeneye
kugira ngo bage ku ishuri.
Mu gihe
abagabo yibuka gusa ikintu cy’ingenzi. Ibi ngo bituma abagabo hari ubwo
bashinja abagore kubasaba kubika amakuru atari ngombwa.
Nta mpamvu
yo guterwa ikibazo no kuba hari ibyo abagabo n’abagore bahuriyeho cyangwa badahuriyeho. Kuba
abantu batandukanye nibyo bituma bakundana kandi nibyo bituma habaho ikintu cya maji kizwi nk'urukundo.
TANGA IGITECYEREZO