RFL
Kigali

Utuje Sody yashyize hanze indirimbo “Gute ?” inkuru mpamo y'ibyo yabonye ubwo yari arwariye kwa muganga-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:1/09/2020 8:22
0


Umuhanzi agira igitekerezo akagihuza n’ubuzima busanzwe bwa rubanda ariko guhimba igihangano agendeye ku byamubayeho cyangwa bitaramubaho. Kuri ubu umuhanzi Sody Utuje yashyize hanze indirimbo yise “Gute ?” ivuga ku nkuru mpamo yabonye.



Utuje Sody, yagiye akora indirimbo zitandukanye zinyuranye zirimo “Muzika” na “Go Hard” yakoranye n’abaraperi bakomeye ba hano mu Rwanda. N'ubwo afatwa nk’ukizamuka we ashimangira ko muri muzika amazemo igihe kinini.


Nyuma y’indirimbo nshya “Gute ?” ya Sody, twaganiriye aduhishurira ko yayanditse ashingiye ku nkuru y’ubuzima bukakaye yabonye ubwo yari kwa muganga aho yarebaga ubuzima bw’abantu baba barwariyeyo n’imibereho yabo.

Mu magambo ya Sody ku gitekerezo cy’indirimbo ye nshya “Gute ?” yagize  Ati:” Igitekerezo cyayo cyaje ndi kwa muganga ituma nibaza ibibazo byinshi, bitewe n’ububabare abantu nabonaga impande bari bafite ndetse n’ibyo mbona mu buzima busanzwe. Ubuzima buragoye noneho wakubitiraho COVID-19 biba ibindi bindi kuko twese ntabwo ari ko turya bitworohereye”.

Sody Utuje - Umuziki (Official Video) - YouTube

Yungamo ati: “Nitegereje uburyo mbayemo bituma nandika ariya magambo asobanura ko ubuzima bwose bugoye hari bamwe nagereranya ko bari muri gereza batazabasha gusohokamo kuko ubuzima bwadukatiye igifungo cya burundu twese turi kugerageza gushaka ibyo kurya bya buri munsi. Ntabwo byoroshye nanye ntabwo mbyumva niyo mpamvu nibajije ikibazo ngo Gute?” ariyo ndirimbo yanjye.  

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO “GUTE ?” YA UTUJE SODY







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND