Ku wa Gatanu, u Bufaransa bwatangaje ko abantu 7,379 banduye coronavirus, umubare munini cyane kuva muri Werurwe. Minisiteri y’ubuzima yavuze ko ari ubwiyongere bukabije mbere y’iminsi mike ngo miliyoni z’abana basubire ku ishuri.
N'ubwo abarwaye coronavirus bakomeje kwiyongera mu Bufaransa, abana bagomba gusubira ku ishuri ku wa kabiri w’icyumweru gitaha. Perezida w’iki gihugu Emmanuel Macron ntakozwa ibyo kongera gufunga burundu.
Ku wa Gatanu, Perezida yabwiye abanyamakuru ati:
"Turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo twirinde ko hongera kubaho
gufunga, cyane cyane mu gihugu hose." Yongeyeho ko byaba ari bibi cyane.
Kuri ubu abayobozi barimo gushakisha uburyo bwo kugabanya
ikwirakwizwa rya virus ariko nta gufunga gushya kubayeho. Ku wa gatanu, abaturage
bategetswe kwambara masike igihe cyose.
Abana barenga miliyoni 12 bazasubira ku ishuri ku wa kabiri
w’icyumweru gitaha mu gihe minisiteri yatangaje ko abantu 20 bishwe na COVID-19 mu
masaha 24 gusa kandi bikaba bivugwa ko ubu
virusi ikwirakwira mu rubyiruko rudakunze kwerekana ibimenyetso bikomeye.
Src: Reuters
TANGA IGITECYEREZO