RFL
Kigali

Umukecuru w'imyaka 81 yagarutse mu buzima nyuma yo kurara muri morgue abaganga batangaje ko yapfuye

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:19/08/2020 14:40
0


Ku ya 14 Kanama 2020, byatangajwe ko Zinaida Kononova w'imyaka 81 y'amavuko ko yapfuye nyuma yo kubagwa amara mu bitaro by'akarere ka Gorshechensky mu Burusiya.



Zinaida Kononova w'imyaka 81 yajyanywe muri morgue saa saba z’amanywa, ariko mu ma saa munani z’ijoro umukozi ukora muri morgue yabonye bintu biteye ubwoba ubwo yasangaga uwo mukecuru yikubise hasi. Uyu mukecuru bivugwa ko yaguye ubwo yageragezaga kuva ku meza ya morgue ngo agende.

Umushoferi utwara ambulance niwe wumvise urusaku rwinshi mu nyubako yumva uwo mukozi wa morgue arimo kubwira uwo mukecuru ati tuza ryama uruhuke, uwo mushoferi acyumva urwo rusaku yagize ngo uwo mukozi yasaze ariko nyuma aza kubona afashe umukecuru ukuboko noneho asaba ubufasha.

Madamu Kononova yari yambaye ibiringiti maze abaganga bamwitaho cyane, Ibitaro byahamagaye mwishywa wa nyirakuru Tatiana Kulikova maze umuganga mukuru aramubwira ati: 'Dufite ikibazo kidasanzwe “Ni muzima!”. Madamu Kulikova yihutiye kujya mu bitaro mu gihe itsinda ry'abaganga baturutse mu murwa mukuru w'akarere ka Kursk boherejwe kuvura Madamu Kononova.

Madamu Kulikova yishimiye ko nyirasenge ari muzima ariko abaza abaganga ati: 'Ibyo bishoboka bite? Yabwiwe ko Madamu Kononova yapfuye rwose. Madamu Kulikova yagize ati: 'Mu mizo ya mbere ntiyigeze amenya cyangwa ngo yibuke ko yabazwe. Ariko ubu ari kuvuga ko ababar mu mavi.

Gusa umuganga yemeye ko bohereje Mme Kononova muri morgue amaze isaha imwe n’iminota 20 apfuye, aho kuba amasaha abiri nkuko amategeko abiteganya.

Ayo makuru amaze kumenyekana, Umuyobozi mukuru w’ibitaro by’akarere ka Gorshechensky, Roman Kondratenko, yahise ahagarikwa by'agateganyo mu gihe hagikorwa iperereza ndetse abavandimwe ba Kononova barateganya kurega ibitaro kubwo kujyana umurwayi wabomuri morgue hadashize amasaha abiri apfuye.

Src: Dailymail

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND