RFL
Kigali

Ntacyo ataduhaye! Urwibutso abakinnyi bafite kuri Migi wasezeye mu mavubi

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:14/08/2020 15:01
0


Tariki 13 Kanama 2020 ni bwo umukinnyi wo hagati mu ikipe ya KMC yo muri Tanzania Mugiraneza Jean Baptiste yatangarije Radio Flash Fm ko asezeye mu ikipe y’igihugu Amavubi ku bw'impamvu ze bwite.



Kuva 2006 Mugiraneza Jean Baptiste ari umukinnyi w'ikipe y'igihugu amavubi, yatangiye  urugendo rwe akinira Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 akinira Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 aho yari mu ikipe yitabiriye imikino y’igikombe cy’Africa cyabereye mu Rwanda 2009.

Bamwe mu bakinnyi babanye ndetse bakinanye na Migi, bafite byinshi bamwibukiraho, banamwigiraho kubera ishyaka yagiraga ubwo Amavubi yabaga ari gukina. Duhereye kuri kapiteni (capitain) w’Amavubi Haruna Niyonzima, avuga ko Migi asezeye kare ariko nanone umuntu agira amahitamo ye.

Yagize ati” Migi ni umukinnyi mwiza  twatangiranye mu ikipe y’abatarengeje imyaka 17 afite imbaraga zo gukina mpamya ko, asezeye kare. Migi yitangiye igihugu kandi yaranzwe n’uburere, gukunda akazi kuko buriya ntiyakundaga gutsindwa”. Haruna kandi avuga ko Migi yashyize hasi ibindi byose akitangira umupira, akumvira bakuru be ndetse agaharanira kujya mbere, bikaba ari nabyo byatumye aramba mu Amavubi muri macye yakoresheje imbaraga ze zose.


Haruna yayoboye Migi mu Amavubi

Ndayishimiye Jean Eric Bakame nawe wabanye na Migi mu mavubi, avuga ko bamwigiyeho byinshi harimo gukunda akazi, kwanga gutsindwa ndetse no kumenya umwenda w’igihugu icyo usobanuye. Bakame kandi avuga ko icyo yibukiraho Migi mu Amavubi, yari indwanyi ikomeye, ati “Kubera gukunda intsinzi, hari igihe Amavubi twatsindwaga Migi akarira.”


Bakame na Yannick bose Migi yababereye urugero

Umwungeri Patrick umukinnyi wa Mukura ukina yugarira, yatubwiye ko nka barumuna ba Migi iyo bahamagarwaga mu Amavubi, bazaga bashaka kwigana umuhate kwitanga bya Haruna na Migi anavuga ko babigiyeho byinshi mu rugendo rwabo.

Ndoli Jean Claude avuga ko yakundaga imikinire ya Migi iyo babaga bari kumwe mu Amavubi. Yagize ati” Migi ni umukinnyi ugira icyizere kandi utaruha, icyo yabaga yiyemeje yakoraga ibishoboka byose akakigeraho kuko niba mwibuka neza hari n’igihe ibitego byaburaga Migi akajya kubihiga. Abakinnyi benshi bafite byinshi bamwigiyeho, by'umwihariko uwo mbona ni Mukunzi Yannick ubona ko na we ari umukinnyi utaruha kandi uhatana ndetse unagira intego.”


Ndori Jean Claude umuzamu wa Musanze Fc 

Mugiraneza Jean Baptste ubu ari mu kiruhuko mu Rwanda kuko shampiyona akinamo ya Tanzania yarangiye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND