Mu ntangirizo z’iki cyumweru ni bwo ubuyobozi bwa Borussia Dortmund yo mu Budage bwatangaje ko umukinnyi wabo Jadon Sancho bazamugumana mu mwaka w’imikino ugiye kuza ndetse ko bagomba no gukomezanya imyitozo bitegura shampiyona y’umwaka w’imikino 2020/21.
Hari
hashize igihe kitari gito Manchester United iri mu biganiro na Borussia
Dortmund binagaragara ko yewe Sancho ashobora kuba yagaruka aho yakuriye mu
ikipe ifite ibikombe bitatu bya Champions league, ariko birangira amakipe yombi
kumvikana byanze kuko Manchester united £108m Dortmund yashakaga kuri uyu
musore w’imyaka 20 y’amavuko, itabashije kuyatanga.
Ese
ubucuruzi bwa Dortmund ku bakinnyi buba buteye gute?
Ubusanzwe
iyi kipe izwiho kuzamura impano ndetse no kugura abakinnyi bakiri bato kandi
ikabagura amafaranga macye nyuma ikabagurisha akayabo k’amafaranga kandi mu
gihe kidatinze. Reka twifashije ingero turebe iyi kipe ihorana umukinnyi kandi
ukomeye ku isoko uko ibigenza.
Duhere
kuri rutahizamu wa Arsenal Pierre-Emerick Aubameyang, uyu musore yageze muri
Dortmund mu 2013 avuye muri Saint-Etienne aguzwe £11m gusa mu myaka igera kuri
itanu yahamaze, igiciro cye cyarazamutse kugeza ubwo aguzwe na Arsenal £56m mu
2018.
Dukomereze
kuri Ousmane Dembele waguzwe £13m avuye muri Rennes uyu musore w’imyaka 23 yaje
kugurwa na FC Barcelona akayabo ka £112m inyungu ya £99m ku mukinnyi umwe. Undi
mukinnyi twagarukaho ni Robert Lewandowski waguzwe na Dortmund £4m avuye mu
ikipe Lech Poznan. Jadon Sancho we yageze muri Bundesliga mu 2017 ubwo yari aguzwe
£10m avuye muri Manchester city. Gusa nubwo ikora ibi byose ifite isoko ku mugabane
w’i Burayi ndetse n’iwabo mu gihugu kuko bamwe mu bakinnyi beza bayo ibatanga
muri Bayern Munich
Isomo
ku makipe yo mu Rwanda.
Ubundi
mu buzima busanzwe amakipe aba mu byiciro bigiye bitandukanye amakipe ahatanira
ibikombe abaho kugira ngo ashimishe abakunzi bayo, gusa ibi byose byakabaye mu
buzima buharanira inyungu.
Amakipe yo mu Rwanda rero twayagabanya mu byiciro bibiri hakaba amakipe ameze nka Bayern Munich afite ubushobozi bwo kugura umukinnyi ushoboka kugira ngo atware ibikombe hano mu Rwanda, hakaba nandi makipe akwiye kujya mu muco wo kuzamura abana ndetse no kugura abannyi bakiri bato bakabacuruza muri ya makipe akomeye, ndetse byanakunda bakazagera aho bagatwara ibikombe.
Sancho ashobora gukomezanyana na Dortmund
Dortmund ikoresha amafaranga macye igatanga ibyishimo
barutahizamu bagiye banyura muri iyi kipe.
TANGA IGITECYEREZO