RFL
Kigali

Uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Benjamin Mkapa yitabye Imana

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:24/07/2020 7:29
0


William Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa gatatu wa Tanzania, yatabarutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki 23 Nyakanga 2020. Nyakwigendera yavuye muri uyu mubiri afite imyaka 81. Mkapa yari amaze iminsi avurirwa mu bitaro biherereye mu mujyi wa Dar es Salaam.



Mu ijambo yagejeje ku baturage b’igihugu cye cya Tanzania; binyuze kuri radiyo na tereviziyo by’igihugu, Perezida John Magufuli ni bwo yabitse iyi nkuru y’inshamugongo. 

Benjamin Mkapa yabaye Perezida wa gatatu wa Tanzania kuva mu mwaka wa 1995-2005. Uburwayi bwahitanye Benjamini Mkapa ntabwo bwigeze butangazwa. Mu ijambo rya Perezida Magufuli ryatambutse ahagana mu masaha y’isaa sita zirenzeho iminota mike (+3 GMT), yatangaje ko igihugu kigiye mu cyunamo cy’iminsi irindwi kandi ko n’amabendera yururutswa (akagezwa hagati) muri iki gihe. 

Mkapa mbere yo kuba Perezida yagiye ashingwa indi mirimo itandukanye muri leta harimo kuba M, Ambasaderi ndetse n’iyindi. Usibye kubarizwa muri politiki yamazemo hafi igice cy’imyaka ye, uyu nyakwigendera yamenyekanye nk’umwanditsi mukuru w’ibinyamakuru bitandukanye nka The Daily News and The Sunday News mu gihugu cya Tanzania.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND