Jay C agiye gukora ubukwe n’umugore babana

Imyidagaduro - 01/07/2020 6:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Jay C agiye gukora ubukwe n’umugore babana

“Kandi iri jambo tuvuganye, Uwiteka abe hagati yawe nanjye iteka ryose "- Ni amagambo aboneka muri 1 Samweli 20: 23 ashimangira ko Jay C n’umugore we bagiye kwegurira urugo rwabo Imana.

Umuryango wa Hakizimana Jean n’uwa Habumugisha Gregoire (Mario) wishimiye gutanga ubutumire mu bukwe bw’abana babo; umuraperi Muhire Jean Claude [Jay C] n’umugore we witwa Ishimwe Diane. 

Ubukwe bw’abana babo buzaba ku wa 31 Nyakanga 2020.

Jay C na Ishimwe Diane bazasezerana imbere y’Imana muri Paruwasi ya Regina Pacis iherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Abatumiwe muri ubu bukwe bazakirirwa ku Kimihurura ku muhanda (kg 688 st 39). Bati “Kwifatanya natwe n’inkunga ikomeye."

INYARWANDA ifite amakuru avuga ko Jay C na Ishimwe Diane basanzwe bafitanye abana babiri

Bagiye guhana isezerano mu gihe amabwiriza y’Inama y’Abaminisitiri avuga ko “Imihango yo gushyingirwa mu nsengero izakomeza, ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30.

Jay C ari mu baraperi bakomeye mu Rwanda mu myaka igera ku icyenda amaze akora umuziki.

Mu 2012 nibwo yafunguye amarembo y’umuziki, izina rye rihabwa imbaraga n’indirimbo zirimo “Isugi " na “Sentiment " yakoranye na Bruce Melodie.

Mu myaka itatu ishize yasohoye indirimbo zamugaruye mu kibuga nka “Tonight " yakoranye na Social Mula, “I’m Back " yakoranye na Bruce Melodie n’izindi.

Ubutumire mu bukwe bwa Ishimwe Diane n'umuraperi Jay C

Jay C agiye kurushinga n'umugore bafitanye abana babiri

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...