RFL
Kigali

Jay C agiye gukora ubukwe n’umugore babana

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/07/2020 18:24
0


“Kandi iri jambo tuvuganye, Uwiteka abe hagati yawe nanjye iteka ryose”- Ni amagambo aboneka muri 1 Samweli 20: 23 ashimangira ko Jay C n’umugore we bagiye kwegurira urugo rwabo Imana.



Umuryango wa Hakizimana Jean n’uwa Habumugisha Gregoire (Mario) wishimiye gutanga ubutumire mu bukwe bw’abana babo; umuraperi Muhire Jean Claude [Jay C] n’umugore we witwa Ishimwe Diane. 

Ubukwe bw’abana babo buzaba ku wa 31 Nyakanga 2020.

Jay C na Ishimwe Diane bazasezerana imbere y’Imana muri Paruwasi ya Regina Pacis iherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Abatumiwe muri ubu bukwe bazakirirwa ku Kimihurura ku muhanda (kg 688 st 39). Bati “Kwifatanya natwe n’inkunga ikomeye.”

INYARWANDA ifite amakuru avuga ko Jay C na Ishimwe Diane basanzwe bafitanye abana babiri

Bagiye guhana isezerano mu gihe amabwiriza y’Inama y’Abaminisitiri avuga ko “Imihango yo gushyingirwa mu nsengero izakomeza, ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30.

Jay C ari mu baraperi bakomeye mu Rwanda mu myaka igera ku icyenda amaze akora umuziki.

Mu 2012 nibwo yafunguye amarembo y’umuziki, izina rye rihabwa imbaraga n’indirimbo zirimo “Isugi” na “Sentiment” yakoranye na Bruce Melodie.

Mu myaka itatu ishize yasohoye indirimbo zamugaruye mu kibuga nka “Tonight” yakoranye na Social Mula, “I’m Back” yakoranye na Bruce Melodie n’izindi.

Ubutumire mu bukwe bwa Ishimwe Diane n'umuraperi Jay C

Jay C agiye kurushinga n'umugore bafitanye abana babiri





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND