RFL
Kigali

Pastor Theogene yahishuye uko yarongoye adaterese mu mezi 2 n’iminsi 24 anahanura abakobwa beza b'i Kigali babuze abagabo-VIDEO

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:29/06/2020 5:47
0


Pastor Niyonshuti Theogene umuvugabutumwa mu itorero rya ADEPER yahishuriye InyaRwanda uko yakoze ubukwe adaterese, adateye ivi, dore ko byamutwaye gusa amezi 2 n’iminsi 24 anahanura abakobwa beza b'i Kigali babuze abagabo.



Mu buhanya akunze gutanga ahanini agaragaza ko yavukiye mu muryango wifashije aho akiri muto yabayeho mu buzima bwiza. Ibi byaje guhinduka kuko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yamutwaye umuryango we wose yisanga ari wenyine atangira kuba ku muhanda. Icyo gihe yari afite imyaka 13. 

Nyuma yo gutangira kuba ku muhanda, Pastor Theogene yabaye mayibobo [marine] atangira gukoresha ibiyobyabwenge nk’urumogi, inzoga nyinshi no gukora ibindi bikorwa by’amabandi nko kwiba n’ibindi. Avuga ko mu 2003 afite imyaka 20 ari bwo  yakiriye Yesu agenderewe mu iyerekwa.

Nyuma yo gukizwa yabaye umuvugabutumwa nyuma aza kugirwa umuyobozi w’icyumba cy’amasangesho kuri ADEPER Kiruhura, aza kugirwa Mwarimu kera kabaye ahabwa inshingano zo kuba Pasiteri.

Uyu mukozi w’Imana amaze kumenyekana cyane hano mu Rwanda ahanini bitewe n’amashusho ashyirwa ku mbuga nkoranyambaga, akubiyemo inyigisho atanga zishingiye ku buzima bwo ku muhanda yabayemo akoresha ibiyobyabwenge n’ibindi bifasha imitima ya benshi.

Mu bundi buhamya yahaye InyaRwanda yahishuye uko yakoze ubukwe adaterese. Ati ‘’Mubajije izina, anyemereye, mwambitse impeta, dukoze ubukwe tuvuye mu rukiko byabaye mu mezi 2 n’iminsi 24 tumenyanye’’.

Akomeza uvuga ko umufasha we yari asazwe amuzi kuko yari umuyobozi w’icyumba cy’amasengesho ngo yamubwiye ko amukunda bitari ibya sheri na shushu amusaba ko babana kandi amusaba kumuha igisubizo nyuma y’amasaha abiri.

Yashimangiye ko yakoze ubukwe adateye ivi, atanaterese kuko bikorwa n’abifite. Avuka ko atigeza atereta cyangwa ngo asohokane umukunzi we kuko nta kintu yari afi ku buryo barinze babana nta na Fanta amuguriye.

Pastor Theogene ati’’Twabanye nta na Fanta muguriye nonese nari kumujyana Nyabugogo mu irigara? Bimwe uvuga ngo urajyana umu cherie muri famiye sinari kumujyanayo kuko ntayo nagiraga’’.

Akomeza avuga ko nta mutoma n'umwe yigeze abwira uwo bashakanye cyangwa ngo umuhe impano runaka usibye amafaranga igihumbi yamuhaye nabwo akicuza icyo ayamuhereye kuko yagombaga kumutunga byibura iminsi 10.

Ati’’ Nta mutoma n'umwe nigeze mutera cyokora rimwe nigeze kwihagararaho muha agahumbi hahahaha! Yebabawe! Namaze kukamuha nibuka ko nari kukarya iminsi itanu. Naryaga ikijumba cy’isini [50], ibishyimbo by’isini [50], kwa tante Kiruhura ugakubitaho igikombe cy’amazi umunsi ukaba uratambutse urumva harimo amasambare angahe mu gihumbi?’’.

Akomeza avuga ko yibutse ko yari kukirya iminsi 10 yumva arababaye. Aya mafaranga ngo ni yo mpano yonyine yahaye umukunzi we. Kuba yarakoze ubukwe adaterese bigakunda niho yahereye avuga ko iyo uri kumwe n’Imana byose bishoboka maze ahanura abakobwa beza b’i Kigali batarashaka abagabo.

Yavuze ko abitwara nabi nta gaciro bihesha abasaba kwiyubaha kuko iyo ubikoze byose ubigeraho, abibutsa ko uwigize agatebo ayora ivu. Abafite ingo yabasabye kubana neza bakubahana kandi bakagirirana ibanga. Yatanze urugero avuga ko uzashaka umugabo agasanga arya ikiro cy’ubugari bidakwiriye kumutera ikibazo ahubwo akwiriye gusaba Imana imbaraga zo kubusonga.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PASTOR  THEOGENE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND