Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Beyoncé Giselle Knowles-Carter wamamaye ku kazina ka Beyoncé, yasabye Umunyamategeko gukurikirana ikibazo cya Breonna Taylor umwirabura wishwe na Polisi mu mezi arenga atatu ashize.
Mu ibaruwa yandikiye
umunyamategeko Kentucky, Beyonce avuga ko hashize amezi asaga atatu Breonna arashwe,
agasaba ko Abapolisi batatu bagize uruhare mu iraswa ry’uyu mugore ko bakurikiranwa n’amategeko.
Amakuru avuga ko amezi atatu ashize abapolisi
barashe umwiraburakazi Breonna. Bamurashe inshuro
umunani ubwo aba bapolisi binjiraga iwe bamushinja
kuba atunze ibiyobyabwenge iwe i
Louisville ku ya 13 Werurwe 2020.
Abapolisi basanze Breonna aryamye mu nzu iwe baramurasa. Beyonce yafashe icyemezo mu ibaruwa ndende yandikiye umushinjacyaha
mukuru Daniel Cameron, bikanamenyeshwa Umu-Avoka Kentucky ku cyumweru, tariki
ya 14 Kamena 2020.
Beyoncé
yagaragaje ibintu bitatu yumva biri mu rwego rw'ubushinjacyaha bukuru
bukareba icyo bubihinduraho. Yamusabye kurega abapolisi
babigizemo uruhare, asaba kandi ko iperereza ryakorwa mu mucyo.
Beyonce yagize ati: "Ubu
hashize amezi arenga atatu abapolisi bo mu ishami rya polisi rya Louisville
bishe Breonna Taylor. Abapolisi bambaye imyenda binjiye mu nzu ye, aho yari asinziriye kandi
nta ntwaro afite. Nibutsa ko nta
butabera bwigeze bukorwa kuri Breonna Taylor cyangwa umuryango, byarabaye kandi nta bapolisi birukanye…”.
Taylor, umugore w’Umwirabura w’imyaka 26, yishwe ku ya 13 Werurwe 2020 nyuma y’uko abapolisi bo mu ishami rya polisi rya Metro Louisville binjiye mu muryango w’urugo rwe ahagana mu ma saa 12h40, kugira ngo bakore icyemezo cyo gushakisha ibiyobyabwenge gusa ntabyabonetse mu rugo iwe.
Beyonce uri mu bahanzi bakunzwe ku Isi yasabiye ubutabera umwirabura Tylor wishwe na Polisi muri Amerika.
Src:nbcnews
TANGA IGITECYEREZO