RFL
Kigali

Niba umukobwa mukundana afite kimwe cya kabiri cy’iyi mico, hita umugira umugore wawe nta kuzuyaza!

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:12/06/2020 15:03
0


Umubano ugaragazwa n’ihindagurika ry’ibyiciro byinshi birimo: ishyaka, guharanira ubuyobozi, kugabana imbaraga no kwiyemeza. Rero, mu gihe cyo kugabana imbaraga ni bwo buri mufatanyabikorwa, amaze kumenya ibijyanye n’undi muntu ku giti cye, yemera gukoresha ibyo bidasanzwe kugira ngo abashakanye babeho kandi neza.



Gusa rimwe na rimwe biragoye gutandukanya ibyo bidasanzwe, kugira ngo nkufashe rero ndakwereka imico itandukanye y’umugore udasanzwe (kandi niba uwawe afite kimwe cya kabiri, uzamurongore nta kabuza azakubera mwiza):

Ni umunyabwenge : Nubwo bishobora gutera ubwoba abagabo bamwe, buri gihe ni byiza kuba uri kumwe n’umugore w’ubwenge ufite ubumenyi rusange. Ku rundi ruhande, umugore ufite ubwenge aba afite n’ubushobozi bwo gufasha mugenzi we gufata ibyemezo byiza.

Ni inyangamugayo : Kuba inyangamugayo ni ngombwa mu bashakanye kuko bifasha kugumana icyizere kuri buri wese. Niba rero umugore wawe ahora ari inyangamugayo, akubwiza ukuri ku gato no ku kanini, ni uko akubaha bihagije, abona ko ukwiye kubwizwa ukuri.

Ahorana icyizere muri byose: Biragora buri gihe kumva ko ibintu runaka bizagenda neza, niba ufite umukunzi ubona ko ejo hanyu ari heza ndetse agahorana icyizere cy’uko ikidakunze uyu munsi kizakunda ejo, uwo yavamo umugore mwiza.

Ahora yisekera n’iyo murakaranije ashiduka yishimye: Uyu muntu umeze gutya yavamo umugore mwiza w’umutima cyane ko bigaragara ko nta nzika imubamo.

Ahorana ibitekerezo byubaka: Umuntu ufunguye ibitekerezo ni umuntu uhora yiteguye kumenya byinshi ku bandi, ikigeretse kuri ibyo, niba umukunzi wawe afite iyi mico, bigira ingaruka nziza mu bucuti bwawe kuko ni ikimenyetso cy'uko azagerageza kukwumva nubwo ibitekerezo byawe bitandukanye.

Nta bibazo by'imiryango afite: Rimwe na rimwe biragoye guhangana n’umuntu ufite ibibazo by’ababyeyi kuko ibyo bishobora kugira ingaruka ku marangamutima ku muntu. Niba rero umugore wawe afitanye umubano mwiza n’umuryango we, bivuze ko yishimira umuryango mwiza kandi ko adatwaye imizigo myinshi inyuma ye, uyu yakubaka rwose.

Ahora atuje ndetse no mu gihe cyo gutongana:  Ubushobozi bwo gucunga amarangamutima ni ikintu cyiza kibasha gukemura amakimbirane. Uretse ibyo, nubona umukunzi wawe akomeza gutuza no mu gihe cy’intonganya ndetse akaba uwa mbere mu gushaka icyatuma mwiyunga, uyu yavamo umugore mwiza.

Yihanganira amakosa yawe:  Nubwo rimwe na rimwe atenguhwa n’imyitwarire yawe, arakubabarira kuko azi ko uri umuntu, byongeye kandi agira kwihangana cyane ndetse arakumva.

Src: Parlerdamour.fr

 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND