Kuri uyu wa Kabiri, Guverinoma ya Burezile yongeye gutangaza umubare w'abantu bapfuye muri iki gihugu bazize icyorezo cya coronavirus nyuma y’uko hashize iminsi yaranze kuvuga umubare bitewe n’uburemere bw’ibibazo by’ubuzima bikabije.
Ku wa Gatanu, Guverinoma ya Perezida Jair Bolsonaro yari yahagaritse gutangaza umubare rusange w'abantu bapfuye bazize Coronavirus ivuga ko irimo gukoresha uburyo bushya. Minisiteri y’ubuzima yongeye kwerekana ko abapfuye biyongereyeho 1,272, bagera ku 38.406 bishwe na virusi - umubare wa gatatu ku isi, nyuma y’Amerika n'u Bwongereza.
Minisiteri yavuze ko umubare w'abantu banduye wazamutse
ugera kuri 739.503, iki gihugu kikaba kibaye icya kabiri mu kugira abantu benshi
ku isi, nyuma ya Amerika.
Src: France24
TANGA IGITECYEREZO