Buri wese akenera kugira uwo akunda. Kubona uwo ukunze biroroha ariko bikagorana kumenya icyo gukora ngo ugumane nawe.
Muri
iyi nkuru ngiye kukubwira uko wakwitwara imbere y’umugabo utagukunda kugeza
wigaruriye umutimawe. Aha nibwo noneho yazabona ko umukunda akaba yazamo
bitakugoye.
1.
Icyubahiro
Ntamugabo
utifuza kubahwa, iyo apanga kubaka urugo ikintu cyambere kiza muri we ni
umugore umwubaha. Kubahwa rero ni magirirane, icyo utanze nicyo kikugarukira. Niba
weretse umusore wakunze icyubahiro, nawe birikora agatangira kukubaha. Iyo utamwubashye
umubano wanyu uhagarara aho.
2.
Kwigaragaza neza
Uburyo
wambara n’uburyo uvuga bivuze ikintu kinini imbere y’umusore mudasanzwe
muziranye. Niba ushaka kuba igikinisho cye, wambara nk’idaya ariko niba ushaka
kubona umugabo nyawe wiyambika nk’umukobwa wiyubaha. Igaragaze neza, wiyubahe
bizatuma nawe atekereza kuri uwo mukobwa w’ubupfura abona imbere ye.
3.
Kwitonda
Niba
uyu musore umubonye uburyo, mutege amatwi, umuhe umwanya, umuganirize ibyo
ukunda n’ibyo wanga bizatuma abona ko wihagazeho. Ibi numara kubimwereka, uzatangire
noneho umwerurire umwereke ko umukunda, ubimwereke muburyo bwose, umwereke ko
wishimira ko kuba ari hafi yawe. Mugurire impano, umutungure muri bike ushoboye
hanyuma wirebere uburyo azaba uwawe mwarahuye ukamukunda we atanabitekerezaho.
TANGA IGITECYEREZO