RFL
Kigali

Bishira Latif yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri As Kigali

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:26/05/2020 22:42
0


Bishira uyoboye umutima w’ubwugarizi bwa AS Kigali, yamaze kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe, yiyongera ku bandi bakinnyi baherutse kongererwa amasezerano n’abandi bashya binjiye muri iyi kipe.



Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2020, nibwo uyu myugariro witwaye neza muri uyu mwaka w’imikino wa 2019/20, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri, azamugeza muri 2022 akinira AS Kigali.

Bishira Latif akaba yiyongereye kuri Rurangwa Mossi na Michel Rusheshangoga bamaze kongera amasezerano muri iyi kipe, cyane ko ari bo bayoboye ubwugarizi bw’iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

As Kigali FC kandi, ikaba yaraguze Rugirayabo Hassan bakuye muri Mukura VS, wasinye amasezerano y’imyaka ibiri, ndetse na rutahizamu Hussein Shaban Tchabalala bakuye muri Bugesera FC nawe akazabakinira imyaka ibiri.

Hari n’andi mazina bivugwa ko ashobora kwinjira muri iyi kipe kugira ngo irusheho kwitegura neza umwaka w’imikino utaha wa 2020/21.

Gusa ariko hari n’andi mazina y’abakinnyi iyi kipe ishobora kurekura bakajya gushakira ahandi numa yo guhembwa umushahara w’ukwezi kwa Gatanu, barimo myugariro Nshimiyimana Marc Govin ndetse na rutahizamu ukomoka muri Cameroon Patrick Essombe Ekandjoum kubera umusaruro mucye batanze.


Bishira yasinye imyaka ibiri muri AS Kigali


Bishira Latif niwe uyoboye ubwugarizi bwa AS Kigali mu myaka ibiri itambutse





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND