RFL
Kigali

USA: Itangira ry’impeshyi ryatumye abantu birengagiza ingamba zo kwirinda Covid-19 bahurira ku mazi ari benshi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:25/05/2020 12:10
0


Itangira ry’Impeshyi muri Amerika ryatumye abantu batubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19, benshi buzuye ku mazi nta mask



Mu gihe muri Leta zunze ubumwe z’Amerika bari mu gihe cy’impeshyi, byatumye abantu benshi bahurira ku mazi ndetse n’ahandi hantu ho kuruhukira bituma abantu batubahiriza ingamba zo kwirinda coronavirus


Muri leta zunze ubumwe za amerika niho hapfuye abantu benshi ku isi bazize coronavirus kuko abagera ku 100.000 bahasize ubuzima ndetse abangana na 1.626.000 barayandura, muri iki gihe cy’itangira ry’impeshyi rero abantu bahuriye muri za parike n’ahandi ku mazi  birengagije ingamba zo kwirinda ariko abashinzwe ubuzima bakomeza gusaba abantu kubahiriza amategeko yo kwirinda iki cyorezo


Kuri ubu abashinzwe umutekano bari kurara ku nkombe hirya no hino bareba ko nta bantu begerana ndetse hari naho bari gufata umwanzuro wo kwirukana bantu kugirango badakomeza kwegerana cyane ko hari abo bari gusanga buzuye muri za piscine kandi nta mask bambaye, ibintu bishobora kubashyira mu kaga

Src: News agencies

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND