Mu rwego rwo koroshya ingamba zo gufunga, Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza yasabye abubatsi n’abakozi bo mu ruganda gusubira ku kazi mu ijoro ryakeye ababwira kwirinda gutwara abantu aho bishoboka.
Bamwe mu bakozi bumviye inama za Guverinoma muri iki
gitondo, ubwo imodoka zajyaga gutonda umurongo ariko abagenzi baje kwinjira mu
modoka ari benshi cyane.
Ibi bije nyuma y'uko Boris asabye abubatsi n'abakozi bo mu
ruganda gusubira ku kazi mu ijoro ryakeye, yongeraho ko umuntu wese udashobora
gukorera mu rugo agomba kwirinda ubwikorezi rusange "niba bishoboka."
Minisitiri w’intebe yavuze kandi ko Guverinoma ishaka ko
buri wese agira 'umutekano ku kazi', ati:
"Ubu dukeneye gushimangira ko umuntu wese udashobora gukorera mu rugo,
urugero nk'ubwubatsi cyangwa inganda, agomba gushishikarizwa kujya ku kazi
ariko akigengesera ku buryo ntaho ahurira na coronavirus”.
Minisitiri w’intebe w'u Bwongereza yagejeje ijambo ku gihugu mu ijoro
ryakeye ati: "Guhera kuri uyu wa Gatatu turashaka gushishikariza abantu
gukora imyitozo myinshi ndetse itagira imipaka ubu ushobora kwicara ku zuba,
ushobora gutwara imodoka ujya ahandi, ushobora no gukora siporo hamwe n'abagize
umuryango wawe."
Gusa umujyanama wungirije w’ubumenyi Dame Angela McLean
avuga ko ahangayikishijwe n’ubucucike bw’imodoka zuzuye abantu mu mihanda
itandukanye” Ati mbabajwe cyane no kubona imodoka zabaye nyinshi mu muhanda
kandi basabye ko nubwo ingamba zo gufunga zagabanutse hagomba kugenda abatabasha
gukorera mu rugo nk’abubatsi n’inganda”.
Aha rero hakaba hari ubwoba bw’uko ubucucike bw’abantu
bushobora gutuma haboneka ubwandu bushya bwa coronavirus
Src: The Sun
TANGA IGITECYEREZO