RFL
Kigali

Uburyo 5 wakoresha mu kwirukana inzoka yihaye icumbi mu nzu yawe

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:7/05/2020 19:23
3


Inzoka ni ikiremwa gifatwa nk’umwanzi kandi nk’umugome. Ibi ni nabyo kuko iyo irumye umuntu bishobora no kumuviramo urupfu igihe atabonye ubufasha bwihuse.



Hari ubwo rero ishobora kuva hanze hafi y’urugo cyangwa na kure yaho ikinjira mu nzu. Birumvikana ko uyibonye wese atifuza kuguma kubana nayo ahubwo agomba gushaka uburyo isohokamo. Dore uburyo buboneye wakoresha mu kuyirukana.

1. Kwitonda ugaceceka: Bisaba ubunyamwuga mu kwirukana inzoka yinjiye mu nzu kuko utabibasha utumvise aho igenda. Bisaba rero ko ujyamo bucece kugira ngo ubashe kumva uko igenda n’aho iherereye bityo ukabona uko ukora ibindi bijyanye no kuyisohora.

2. Imiti y’uburozi yagenewe kwica udukoko: Iyi miti nayo irakora cyane. Icya mbere banza umenye neza agace inzoka iherereyemo nurangiza uhatere iyi miti ariko ku rugero rwinshi cyane ubundi witaze irahita yisohora bucece.

3. Hamagara ubufasha: Igihe wumvise ijwi ry’inzoka mu nzu yawe, kugerageza kuyica wenyine si byiza. Hamagara abaturanyi nibura babiri cyangwa batatu mugote ahantu ukeka ko yihishe maze muyice.

4. Tera ubwoba hafi y’aho yihishe: Inzoka ni inyamaswa nayo burya iterwa ubwoba no kumva ibintu biri hafi yayo bibomborekana. Niba yinjiye mu nzu ukayoberwa aho yihishe, jyamo usakurishe ibintu biri hafi y’aho ukeka. Ibi bizatuma isohokamo igerageza guhunga maze ubone uko uyica.

5. Shyira abana kure: Igihe cyose uri kugerageza kuvumbura aho inzoka yihishe mu nzu yawe, shyira abana kure y’aho idashobora kugera. Biba byoroshye ko yabataka kuko iyo imaze kugira ubwoba yaruma buri cyose igezeho igerageza guhunga. Gusa ubikore uzi ko ubona neza, ndetse wabasha kuyihunga bibaye ngombwa. Kwirukana inzoka mu mwijima byaba ari nko kwiyahura kuko yo iba ikubona neza cyane kandi wowe utayireba.

Src: Operanews






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Murerwa Françoise Xavière10 months ago
    Murakoze ku makuru muduhaye. Maze imisi ibiri buri igitondo uko ngiye muri douche kandi niyo mu nzu iteye n'ama carreaux, nsangayo inzoka 2 zito zito ipima nka 15cm z'ubwaguke, mpita nzimenaho amazi ashushe zigapfa ariko byanteye ubwoba kuko sinzi aho zinjirana ndakea ziduga muri douche zivuye muri regards cank se fausse septique. Ndashaka kubasaba ngo mumbwire uko nazirukana kuko ndakeka zaba zifite nyina wazo aho hafi canke se muri regards ya douche ariho nyina yaba iri. Ubufasha bwanyu ni kirumara. Murakoze
  • labani ndayishimiye9 months ago
    murakoze kuduha iyo mpanuro
  • Imananibyosejacques1 week ago
    Ikurumye wahitupfa se





Inyarwanda BACKGROUND