RFL
Kigali

Nubwo ubunini bw’amabere ye bumubuza gukora imirimo imwe n’imwe, arifuza kuyagira manini kurutaho- AMAFOTO

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:2/05/2020 14:48
0


Abagore benshi bakunda gukoresha imiti yo kwisiga kugira ngo barwanye ibimenyetso byo gusaza, abandi bakibagisha amabere ngo bayagire manini cyane n’ibindi bitandukanye. Umunyamideli ufite amabere manini rero we avuga ko atazigera ahagarika kwibagisha.



Foxy Ménagerie w’imyaka 42, asanzwe afite amabere manini cyane ariko igitangaje ni uko avuga ko agikomeje kwifuza ko aba manini kurutaho.


Nyuma y’imyaka 6 atandukanye n’umugabo we, Foxy yahisemo guhindura isura ye kugira ngo ase neza kurutaho. Mu rwego rwo kongera ubunini bw’amabere ye, uyu mugore yahisemo kwibagisha inshuro nyinshi.


Ariko nubwo bimeze bityo, uyu mugore ntashaka guhagararira aho. Avuga ko ashaka kwagura amabere ye kurushaho akaba manini cyane.


Nyamara, uyu mugore ntahakana ingorane ahura nazo buri munsi kubera ubunini bw’amabere ye. Asobanura ko afite ikibazo cyo guteka kubera ubunini bw'igituza cye kandi ko agorwa no kwambara inkweto kuko adashobora guhora yunamye. Ikindi kibazo kinini agira ni uko akunze kugwa iyo amanutse kuri za 'Escaliers' kuko aba atabasha kureba imbere ye neza.


Gusa nubwo bimeze bityo arifuza gukomeza kwibagisha kugeza ubwo azumva anyuzwe n’uko ari

Src: santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND