RFL
Kigali

COVID-19: FIFA yasabye ko umubare w’abakinnyi basimbura wava kuri batatu bakaba batanu mu mukino

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:27/04/2020 21:31
0


Shampiyona zitandukanye hirya no hino ku Isi zishobora gusubukura nyuma y‘icyorezo cya COVID-19, umubare w’abakinnyi binjira mu kibuga basimbuye wariyongereye, ukava kuri batatu bakaba batanu nk'uko bigaragara mu busabe bw’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi ‘FIFA’.



Iminsi ibarirwa muri mirongo itanu irashize shampiyona zitandukanye hafi mu bihugu byose ku Isi zarahagaze kubera icyorezo cya Coronavirus cyibasiye abatuye Isi muri iki gihe.

Ibi byatumye  FIFA igira impungenge z’uko abakinnyi bazakina imikino myinshi mu gihe gito kugira ngo shampiyona zisorezwe igihe cyateganyijwe, ihita yandikira urwego rubishinzwe kugira ngo rwongere abakinnyi binjira mu kibuga basimbuye kugira ngo bafashe abakinnyi.

Yagize iti “Ikintu gihangayikishije kuri ubu ni uko inshuro zirenze izisanzwe imikino ishobora kongera ibyago byo kuvunika bitewe n’uburyo umukinnyi azakina imikino myinshi birenze urugero”.

"Buri kipe izahabwa amahirwe yo gukoresha abasimbura bagera kuri batanu mu gihe cy’umukino, hakaba bashobora no kubaho undi musimbura usigaye mu gihe cy’iminota y’inyongera, aho bibaye ngombwa".

FIFA ikomeza ivuga ko abasimbura bazajya binjira mu kibuga mu bihe bitatu gusa mu mukino, kongeraho hagati y’ibice bibiri by’umukino.

Iki cyifuzo kizemezwa n’Urwego rushyiraho amategeko agenga umupira w’amaguru, IFAB, kandi icyemezo cya nyuma kigashyikirizwa abategura amarushanwa nk’uko urwego rushinzwe umupira w’amaguru ku Isi rwabitangaje.

Shampiyona y’u Budage ishobora gusubukurwa mu bihe bya vuba, ndetse no mu bindi bihugu byo ku mugabane w’u Burayi amakipe yamaze gusubukura imyitozo, bitanga icyizere ko ibikorwa by’imikino vuba bizongera gusubukurwa.



FIFA irashaka ko Abakinnyi basimbura bava kuri batatu bakaba batanu


Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND