RFL
Kigali

Umwe mu basifuzi babiri barezwe yahagaritswe na FERWAFA undi ararusimbuka

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:17/03/2020 12:40
0


Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda 'FERWAFA' ryamaze gufatira ibihano umwe mu basifuzi babiri bari barezwe kudakurikiza amategeko agenga abasifuzi, ahagarikwa ukwezi adasifura undi bareganwe agirwa umwere.



Kuri uyu wa Mbere nibwo FERWAFA yatangaje ibyemezo byafashwe na Komisiyo y'imisifurire, ku misifurire yo ku mukino wahuje AS Kigali na Mukura Victory sport ku munsi wa 23 wa shampiyona.

Mukura yandikiye FERWAFA iyisaba ubutabera nyuma yo kugaragaza ko yibwe mu mukino wayihuje na AS Kigali, ikibwa igitego ndetse ikanimwa Penaliti ku manywa ya Rukamba.

Mu ibaruwa Ferwafa yanditse ku kirego cya Mukura, yamenyesheje Hakizamana Abdoul, ko agiye kumara ibyumweru bine adasifura, kubera amakosa yakoze.

FERWAFA yemeza ko ibyo Mukura ivuga yasanze bifite ishingiro, ko Abdoul yakoze amakosa ku mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona, wahuje ikipe ya As Kigali FC na Mukura VS, umukino waje kurangira amakipe yombi aguye miswi 2-2.

Twagirumukiza AbdoulKalim wari warezwe n'ikipe ya Police FC ku mukino wayihuje na APR FC we yagizwe umwere, FERWAFA yemeza ko ibyemezo yafashe mu mukino byakurikije amategeko agenga umupira w’amaguru, bityo akaba yabaye umwere ku birego yaregwaga.

Ibaruwa yandikiwe Hakizimana Abdoul imuhagarika ukwezi adasifura

Umukino wa AS Kigali na Mukura niwo Abdoul azize





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND