Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru ikipe ya Mancherster United yitwaye neza muri Manchester derby, nyuma yo gutsindira Manchester City ku kibuga Old Traford ibitego 2-0 mu mukino waranzwe n’ishyaka ndetse no kwitanga gukomeye, byatumye iyi kipe itozwa na Ole Gunnar ikomeza gusatira umwanya wa Kane aho irushwa na Chelsea ya Kane amanota atatu.
Uyu
mukino benshi mu bakurikiranira hafi umupira w’amaguru bari bawuteze Manchester
United, bavuga ko iwutsindwa igahita izinukwa ibyo gutekereza umwanya wa kane
muri uyu mwaka w’imikino.
Umukino
watangiye Manchester City iri hejuru kuko yarushaga United kubonana neza mu
kibuga ndetse no kurema uburyo bwabyara igitego imbere y’izamu.
Gusa
ariko ku munota wa Gatatu Zichenko yakoze amakosa ubwo yasubizaga umupira
inyuma ashaka kuwuha Nicolas Otamendi hafi y’izamu ryabo, Anthony Martial
akamutanga umupira ariko ntawubyaze umusaruro kuko yawuteye ku ruhande rw’izamu,
bwari uburyo bwa mbere Manchester United yari igerageje.
Manchester
City yakomeje kwiharira umupira cyane maze ku munota wa Cyenda, Phil Foden
azamukana umupira ku ruhande rw’iburyo
awutanga neza kwa Sterling, ateye ishoti mu izamu David De Gea awuvanamo.
Mu
minota 20 y’igice cya mbere Cuty yari yabujije United ubuhumekero, kuko
yayirushije guhererekanya neza umupira ku kigereranyo cya 68%.
Nyuma
y’iminota 20 Manchester United yaje kwisuganya itangira gukina neza mu kibuga
hagati inasatira izamu rya Ederson wa City.
Ku
munota wa 26 Martial yahushije uburyo bwo gufungura amazamu, nyuma yo
gusigarana n’umunyerzamu wenyine ariko atera agashoti kataremereye mu izamu
ntikagira icyo gatanga, Martial wari wakomeje guhusha uburyo bwinshi yaje
kwikosora ku munota wa 29 atsindira Manchester United igitego cya mbere.
Ni
igitego cyaturutse ku mupira w’umuterekano nyuma y’ikosa Fernandinho yari amaze
gukorera Bruno Fernandez, aba ari nawe witerera uyu mupira, awurenza ubwugarizi
bwa City Martial ahita atsinda igitego.
Iminota
45 y’igice cya mbere yarangiye Manchester United ariyo iri imbere n’igitego
1-0.
Igice
cya kabiri kigitangira ku munota wa 46 Sergio Aguero yatsindiye Manchester City
igitego ariko umusifuzi wok u ruhande yemeza ko yari yaraririye, kirangwa.
Manchester
City yakomeje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura, aho Phil Foden yabonye
amahirwe yo gutsinda ateye ishoti rikomeye mu izamu , De Gea yikoza mu bicu
umupira awushyira hanze y’ikibuga.
Ku
munota wa 58, Pep Guardiola yakoze
impinduka mu busatirizi akura mu kibuga Sergio Aguero hinjira Gabriel Jesus.
Ole
yasimbuje abakinnyi batatu muri uyu mukino, aho Scott yasimbuye Martial, Baily
agasimbura William, mu gihe umupira wenda kurangira Ighalo yasimbuye Bruno
Fernandez.
Ku
makosa y’umunyezamu Ederson, Scott winjiye mu kibuga asimbuye Martial watsinze
igitego, yatsinze igitego cya kabiri cya Manchester United ku munota wa nyuma w’inyongera
bacecekesha abafana ba Manchester City batanga ibyishimo ku bafana ba Manchester
United aho bari hose ku Isi.
Iminota
90 y’umukino yarangiye Manchester United yegukanye amanota atatu ku ntsinzi y’ibitego
2-0.
Gutsinda
uyu mukino byafashije Manchester United gukomeza gusatira Chelsea iri ku mwanya
wa kane kuko harimo ikinyuranyo cy’amanota atatu gusa hagati y’aya makipe.
Dore uko indi mikino yagenze:
Chelsea
4-0 Everton
Manchester
United 2-0 Manchester City
Martial yahushije uburyo bwinshi muri uyu mukino
Martial yatsinze igitego cya mbere cya Manchester United
Abakinnyi ba Manchester United bishimira igitego cya Martial
Sterling yatunguwe no gutsindwa na United
Scott yatsinze igitego cya kabiri cya Man.U
Abakinnyi ba Manchester United bishimira igitego cya kabiri
David De Gea yishimira intsinzi
Bruno Fernandez yatanze umupira wavuyemo igitego cya mbere
TANGA IGITECYEREZO