Kuri uyu wa mbere tariki 24 Gashyantare 2020, hakinwe agace ka kabiri k’isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda 2020’ aho abasiganwa bahagurukiye i Kigali basoreza i Huye ku ntera y’ibirometero 120,5, kegukanwa n’umunya-Ethiopia Mulu Kinfe Hailemicheal ukinira ikipe ya Nippo Delko Province akoresheje 3h03’21”.
Abasiganwa
bahagurukiye hafi ya rond point nini yo mu Mujyi wa Kigali rwagati, imbere
y’inyubako y’Ubucuruzi ya Muhima Investment Corporation (MIC). Ni agace kakinwe
n’abakinnyi 79, barimo 15 b’abanyarwanda.
Agace
kava Kigali kajya Huye gafite amateka
akomeye cyane muri Tour du Rwanda byumwihariko kubakinnyi b’Abanyarwanda kuko mu mateka yiri
siganwa kuva ryaba mpuzamahanga mu 2009, Akarere ka Huye kamaze gusorezwamo
agace inshuro umunani (8). Eshanu muri zo uwegukanye aka gace ni nawe wegukanye
Tour du Rwanda nk’uko byagendekeye Jelloul Adil ukomoka muri Maroc mu 2009,
Darren Lill mu 2012, Areruya Joseph mu 2017, Mugisha Samuel mu 2018 na Merhawi
Kudus mu 2019.
Ni
agace abakinnyi b’Abanyarwanda bagiye bayobora inshuro nyinshi ariko babaga
bari kumwe n’abandi banyamahanga babacungiraga hafi, Mugisha Moise, Joseph
Areruya na Mugisha Samuel bakunze kugaragara mu gikundi kiyoboye.
Abreha
wari wasize bagenzi be, habura ibirometero bitatu bagere ku murongo basorezaho,
abakinnyi barimo Girmay, Munyaneza Didier na Kinfe bacomotse muri bagenzi babo
barasatira cyane birangira umunya Ethiopia Lulu Kinfe Hailemicheal ukinira
ikipe Team NIPPO DELKO yo mu Bufaransa abatanze ku murongo aho yakoresheje amasaha atatu, iminota itatu
n’amasegonda 21.
Umunyarwanda
wasoje ku mwanya wa hafi ni Munyaneza Didier ukinira Benediction Ignite wabaye
uwa Kane akaba anganya ibihe n’uyu utwaye aka gace kuko bahagereye rimwe.
Areruya
Joseph ni we munyarwanda wegukanye iri rushanwa ritaragera ku rwego rwa 2.1,
uyu munsi yabaye uwa Cyenda akaba ari we mu munyarwanda wa kabiri muri aka gace
ka Kigali- Huye.
Byukusenge
Patrick uyu munsi wahatanye cyane, we yasoje ku mwanya wa 16 mu gihe Fedorov watwaye
agace k’ejo we yasoje ku mwanya wa 33.
Urutonde
rusange ruracyayobowe na Fedorov ukomoka muri Kazakhstan akinira ikipe ya
Vino-Astana Motors, akaba arusha umukurikiye amasegonda 15.
Umunyarwanda
uza hafi ku rutonde rusange ni Byukusenge Patrick uri ku mwanya wa Gatanu, aho
arushwa n’uwambere amasegonda 21.
Dore uko ibihembo byatanzwe mu gace ka
kabiri ka Kigali -Huye (120,5 km)
1.
Stage Winner: Hailemichael Mulu (Ethiopia, Nippo Delko Marseille)
2.
Yellow Jersey: Federov Yevgeniy (Vino Astana Motors , Kazakhastan)
3.
Best Climber of the day: Federov Yevgeniy (Vino Astana Motors/ Kazakhastan)
4.
Sprinter of the day: Federov Yevgeniy (Vino Astana Motors/Kazakhastan)
5.
Best Young Rider: Federov Yevgeniy (Vino Astana Motors/ Kazakhastan)
6.
Best Combative Rider: Abreha Negasi Haylu (Team Ethiopia)
7.
Best African Rider:Henok Mulueberhan (Erythrea, Nippo Delko Marseille)
8.
Best Rwandan Rider: Byukusenge Patrick (Rwanda, Benediction Ignite)
9.
Best Team: Vino Astana Motors (Kazakhastan)
Kuri
uyu wa Kabiri Tour du Rwanda 2020 irakomeza hakinwa agace ka Gatatu, aho
abasiganwa bazahaguruka mu karere ka Huye berekeza mu karere ka Rusizi, ku
ntera ingana n’ibirometero 142.
Iri
siganwa biteganyijwe ko rizasozwa tariki 01 Werurwe 2020, ubwo hazaba
hamenyekana uwahize abandi mu duce umunani tuzakinwa, tungana n’ibirometero 889
muri rusange.
Abakinnyi ba SACA bagaragaje guhatana muri aka gace
Abanyarwanda bakunze kugaragara mu gikundi kiyoboye isiganwa
Mu nzira abakunzi b'umukino w'igare bari benshi
Fedorov aracyambaye umwenda w'umuhondo
TANGA IGITECYEREZO