Hari hashize igihe kirekire amakipe ya FC Barcelone na Real Madrid zisaranganya igikombe cy’Umwami muri Espagne, Kuko byibura wasangaga imwe muri izi kipe iri ku mukino wa nyuma buri mwaka. Ariko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane byatunguye benshi ubwo aya makipe yombi yasezererwaga rimwe mu mikino ya ¼.
Real
Madrid iheruka gutwara Copa Del Rey mu mwaka wa 2014,yatunguriwe ku kibuga
cyayo itsindwa ibitego 4-3 na Real Sociedad yarangije umukino ari abakinnyi 10,
nyuma y’ikarita itukura yahawe Andoni Gorosabel ku munota wa 90 w’umukino.
Real
Sociedad niyo yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa 22 w’umukino
ibifashijwemo n’umwana wa Real Madrid,Martin Odegaard 22, igice cya mbere cy’umukino
kirangira iyoboye ku ntsinzi y’igitego kimwe ku busa.
Iyi
kipe yateye umupira wok u rwego rwo hejuru,yatangiye igice cya kabiri iri
hejuru bituma Alexander Isak yinjiza ibitego bikurikiranye ku munota wa 54
n’uwa 56 mu gihe uwitwa Merino ariwe watsinze icya kane cy’agashinguracumu ku
munota wa 69.
Madrid
yari imbere y’abafana bayo yabonye igitego cya mbere imaze gutsindwa
3-0,ibifashijwemo na Marcelo ku munota wa 59. Rodrygo yatsinze icya kabiri kuwa
82 hanyuma Nacho atsinda icya 3 ku munota wa 93.
Muri
uyu mukino VAR yanze igitego kuri buri ruhande ndetse waje kurangira Sociedad
ihawe ikarita itukura yahawe Andoni Gorosabel ku munota wa 90, umukino uri kugana
ku musozo.
Ku
rundi ruhande,Messi na bagenzi be bahuye n’uruva gusenya kuko batsinzwe igitego
1-0 ku munota wa nyuma na Athletic Bilbao yari ku kibuga cyayo, mcyatsinzwe na
Inaki Williams.
Ibi
bikaba byaje bisanga umwuka mubi wari muri iyi kipe wo kutumvikana hagati ya
Lionel Messi na Eric Abidal uri mu buyobozi bw’iyi kipe, hakaba kandi
haranavutse kutumvikana mbere yuyu mukino batsinzwemo na Bilbao, hagati ya
Messi na n’umunyezamu Ter Stegen, bikaba bifatwa nk’ikiza kiri muri iyi kipe y’ubukombe
ku Isi.
FC
Barcelona ifite iki gikombe inshuro 30 mu gihe Real Madrid igifite inshuro 19
mu gihe iyi Athletic Bilbao yakuyemo Barca igifite inshuro 23.
Bilbao yasezereye Barcelona ikomeza muri 1/2
Messi ntameranye neza na bagenzi be ndetse n'ubuyobozi bwa Barcelona
Real Madrid yatunguwe isezerererwa ku kibuga cyayo
Real Sociedad yakomeje muri 1/2 nyuma yo gusezerera Madrid
TANGA IGITECYEREZO