Ishyamba si ryeru mu ikipe ya FC Barcelone nyuma y'uko umuyobozi wa siporo muri iyi kipe Eric Abidal ashinje abakinnyi ba FC Barcelone kudakora cyane ngo bitangire ikipe, maze Kapiteni w’iyi kipe Lionel Messi ntiyarya iminwa amusubizanya umujinya.
Nyuma
yo kwitwara nabi byari bimaze iminsi, ariko bikaba agahebuzo ubwo iyi kipe
yasuzugurwaga na Atletico Madrid muri Super Cup Espagna ikayisezerera, iyi kipe
y’i Catalunha yafashe icyemezo isezerera Ernesto Valverde wari umutoza wayo,
maze yimika Quique Setien nk’umutoza mukuru.
Aganira
n’ikinyamakuru Diario Sport cyo muri Espagne, umuyobozi wa siporo muri FC Barcelone
Eric Abidal, yavuze ko hari hashize iminsi abakinnyi badakora ngo bitangire
ikipe ari nayo ntandaro y’umusaruro mubi wagaragaye muri iyi kipe mu minsi
ishize.
Yagize ati “Abakinnyi benshi ntabwo bari bishimye kandi ntabwo bakoraga cyane harimo ikibazo mu itsinda ryose. Umubano hagati y’ikipe n’umutoza wari mwiza mu rwambariro, ariko hari ibintu nk’umuntu wahoze uhita ubona ko bitagenda neza. Nabibwiye ikipe dufata umwanzuro wo ku musezerera.”
Aya
magambo ntabwo yashimishije umunya-Argentine akaba na kapiteni w’iyi kipe,
Lionel Messi, wahise wihutira kujya ku rukuta rwe rwa Instagram maze asubiza
Abidal ababaye cyane.
Yagize ati “ Mu by’ukuri hari ibintu ntakunda gukora gusa ni byiza ko buri wese abazwa ibyo yakoze bimureba. Igihe uvuga ku bakinnyi, ni byiza ko uvuga amazina (y’abatarakoraga) kuko bitagenze uko bizana umwuka utari mwiza ku bintu bitari byo.”
“Abakinnyi babazwa ibibera mu kibuga, kandi ni twe ba mbere twemera amakosa iyo
akazi katagenze neza. Abayobozi ba siporo mu ikipe bagomba nabo gukora
inshingano zabo, bakanirengera ibyemezo bafata.”
Uku
guterana amagambo bishobora gukurura umwuka mubi mu ikipe n’ubundi itari mu
bihe byiza, dore ko iri no kuvunikisha bamwe mu bakinnyi bayo barimo Ousmane
Dembele yongeye kugira ikibazo mu myitozo, bikaba bishoboka ko atazagaragara mu
mikino isigaye ya shampiyona muri uyu mwaka, akaba aje yiyongera kuri Luis
Suarez umeze igihe hanze y’ikibuga.
Ibi
birakomeza gutiza umurindi mukeba Real Madrid we umeze neza, nta n’ibibazo by’imvune
bikanganye biri mu ikipe kandi ikaba iri imbere ya Barcelone amanota atatu ku
rutonde rwa shampiyona.
Ibinyamakuru byagereranyije iri hangana n'umuyaga wa Tsunami wahitanye imbaga y'abantu
Eric Abidal umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone yashinje abakinnyi kudakora
Messi yasubije Abidal anyuze ku rukuta rwa Instagram
Messi ntiyashimishijwe nibyo Abidal yatangaje
Umwuka si mwiza hagati ya Abidal na Messi
Messi yakinanye na Abidal muri Barcelone igihe kirekire
TANGA IGITECYEREZO