RFL
Kigali

Bizimana Yannick yisubije igihembo cy’umukinnyi w’Indashyikirwa muri Rayon Sports mu Ukuboza

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:16/01/2020 9:42
0


Itsinda ry’abafana ba Rayon Sports bibumbiye muri Fan club yitwa ‘March’ Generation’ n’umuterankunga mukuru wa Rayon Sports ‘Skol Brewery Ltd Rwanda’, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu bahembye Bizimana Yannick ukina mu gice cy’ubusatirizi nk’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu Ukuboza 2019, yisubiza iki igihembo yaherukaga.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ni bwo hahembwe umukinnyi witwaye neza mu kwezi gushize k’Ukuboza, igikorwa cyabereye kuri Blue Empire i Nyamirambo, kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Iki gikorwa cyatangijwe bwa mbere n’itsinda ry’abafana ba Rayon Sports bibumbiye muri ‘March Generation’ Fan Club,  giterwa inkunga n’Uruganda rwa Skol rwenga ibinyobwa, kikaba ari igikorwa ngarukakwezi.

Bizimana Yannick wisubije igihembo n'ubundi yaherukaga kwegukana, akaba yahembwe  ibahasha irimo ibihumbi 100 Frw, igikapu cya Skol n’umupira wo gukina ndetse na Ecouteur za Skol. Muri uku kwezi uyu musore ukina asatira muri Rayon sports yari ahanganiye ibihembo na myugariro akaba na kapiteni wa Rayon Sports, Rutanga Eric nawe wigaragaje cyane mu bwugarizi bw’iyi kipe ndetse na Omar Sidibe ukina neza cyane mu kibuga hagati muri Rayon Sports.

Yannick Bizimana wari ubitse igihembo cy’Ugushyingo ari mu bakinnyi bigaragaje mu Ukuboza muri Rayon Sports, cyane ko yitwaye neza mu busatirizi bw’iyi kipe, aho yagiye ayifasha mu mikino itandukanye, twavuga nk’umukino wa Heroes ndetse n’uwa Mukura ndetse n’uwa Kalisimbi, aho yayitsindiye ibitego 3.

Kuva shampiyona yatangira muri uyu mwaka w’imikino iki ni igihembo icya Gatatu gitanzwe, igiheruka cyatanzwe mu Ukuboza cyegukanwa nubundi na Yannick Bizimana, mu gihe icyakibanjirije mu Ukwakira cyari cyegukanwe na Nizeyimana Mirafa.

Nyuma yo guhabwa igihembo, Bizimana Yannick, yagaragaje ibyishimo bidasanzwe, avuga ko kwegukana iki gihembo bituruka mu gukora cyane ashimira Imana ndetse n’abafana badahwema kubatera morale.

Yagize ati ”Ni ibintu binshimishije cyane, sinatekerezaga ko nabigeraho ariko kubera Imana ikomeza kumpa gutsinda ndetse no gukora cyane mbigezeho, ubu bimpaye imbaraga nyinshi cyane zo gukora kuruta izo nari mfite. Ndashimira abakinnyi bagenzi banjye, abatoza bacu, n’abafana ba Rayon Sports badahwema kutuba inyuma kuko mubyo dukora byose baba baturi inyuma badushyigikiye”.

Igikorwa cyo gutora umukinnyi witwaye neza mu kwezi muri Rayon Sports kigirwamo uruhare n’abafana ba Rayon Sport 100%, kuko aribo bitorera umukinnyi wabanyuze.

Bizimana Yannick ari gukina umwaka we wa mbere muri Rayon Sports nyuma yo kugurwa avuye muri AS Muhanga yigaragarijemo mu mwaka ushize w’imikino, mu Ukuboza Yannick yatsindiye Rayon Sports ibitego 3, mu mikino 5 yakinwe.

Bizimana Yannick yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza w'Ukuboza muri Rayon Sports


Yannick yisubije iki gihembo



Ni umuhango wari witabiriwe n'abakinnyi ba Rayon Sports






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND