Rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Gabon Pierre-Emerick Aubameyang, ukinira ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza akaba anayibereye kapieni, yatangaje ko yifuza gukina akitangira Arsenal, anabeshyuza amakuru yavugwaga ko azasohoka muri Arsenal ubwo uyu mwaka w’imikino uzaba usojwe, nyuma yo kwanga kongera amasezerano ayo afite atararangira.
Pierre-Emerick
Aubameyang yinginzwe kenshi n’ubuyobozi bwa Arsenal ngo yongere amasezerano y’igihe
kirekire muri iyi kipe ubwo hari umutoza Unai Emery, ariko aranga
arabatsembera, avuga ko bagomba gutegereza nyuma y’amasezerano ye ateganyijwe kurangira muri
2021, bakabona kuganira uburyo yavugururwa agasinya bundi bushya.
Kuri
uyu wa mbere Aubameyang yatanze umutuzo n’agahenge ku bafana b’iyi kipe
yitirirwa abarashi, dore kop bari bahangayitse cyane kubera amakipe akomeye ku
mugabane w’iburayi yagaragaje ko amwifuza ku buryo bukomeye. Yavuze ko ashaka
gufasha Arsenal kugaruka ku rwego rwo hejuru nta gahunda yo kuyivamo afite.
Yagize
ati “Ndashaka kuvuga ku bihuha bimaze iminsi bimvugwaho mu binyamakuru
bitandukanye, abantu bakunda guhimba amakuru ariko bakwiriye kwibanda ku bibera
mu kibuga. Ndi kapiteni wa Arsenal, nkunda iyi kipe. Ndashaka kuyikorera no
kuyifasha kugaruka ku rwego rwo hejuru aho ikwiriye kuba.”
Aubameyang yatangaje aya magambo y’ihumure ku
bafana ba Arsenal nyuma y’umukino yari imaze gutsindamo Manchester United ibitego 2-0.
Aubameyang
yakomeje agira ati “Ubu ndi hano 100%. Kuva Arteta yagera hano,yashyize ibintu
byose ku murongo.Yatubwiye ibyo adukeneyeho kandi nta mpaka twagiye, byose
birashoboka.”
Mu
mpera z’Ukuboza umwaka ushize,ibinyamakuru byo mu bwongereza byavuze ko uyu
munya Gabon w’umuhanga mu gutsinda ibitego ashobora kwerekeza muri Inter Milan
cyangwa FC Barcelona.
Gusa
ariko mu minsi ishize umutoza wa Real Madrid Zinedine Zidane, yatangaje ko Real
Madrid ibonye rutahizamu mwiza nka Aubameyang byayifasha kwitwara neza
byumwihariko mu gice cy’ubusatirizi. Aya magambo akaba yarateye ubwoba abafana
n’abakunzi ba Arsenal, batangira kuvuga ko kapiteni wabo agiye kubacika.
Mikel
Arteta nyuma yo kumva amagambo Aubameyang yatangaje yagizea ati” Ndishimye
cyane, Auba nabonye ko ari umukinnyi udasanzwe guhera umunsi wa mbere ninjiye
mu muryango nje gutoza Arsenal, ni umukinnyi witanga cyane mu kibuga, iby’amasezerano
twabiganiriyeho, kandi nizeye ko azasinya bidatinze. Ndamukeneye aha,
ndamwishimiye cyane, twizere ko birarangira”.
Muri
uyu mwaka w’imikino Aubameyang amaze gukinira Arsenal imikino 24, yatsinze
ibitego 15, birimo 13 amaze gutsinda muri shampiyona y’ubwongereza mu mikino 20
yakinnye.
TANGA IGITECYEREZO