Tariki 25 Ukuboza buri mwaka abakirisitu ndetse n’abandi bemera ivuka rya Yesu/Yezu bizihiza uyu munsi, Ubwo wizihizwaga kuri uyu wa Gatatu, rutahizamu wa Liverpool ukomoka muri Misiri Mohamed Salah yagaragaye n’umuryango we bifotoreza ku giti cya Noheli kandi bishimye, maze abantu bacika ururondogoro harimo n’ibitutsi byinshi.
Ifoto
yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, yakuwe ku rukuta rwa Instagram
rwa Mohamed Salah ari kumwe n’umugore we Maggi ndetse n’umwana wabo w’umukobwa
we w’imyaka itanu witwa Makka bifotoje bishimye ndetse bahagaze imbere y’igiti
cya Noheli.
Mu
busanzwe Mohamed Salah yatumye ni umuyisilamu, kandi abayisilamu ntibizihiza
umunsi wa Noheli. Kubona Mohamed Salah n’umuryango we bizihije uyu munsi
byababaje abayisilamu bagenzi be, bituma bamwibasira cyane aho benshi muri bo
banamututse ibitutsi byinshi kandi bikomeye cyane.
Benshi
mu babonye iyi foto byabateye kuyibazaho n’ubwo Salah ntacyo yigeze atangaza
kuri yo, kuko ubundi mu busanzwe abayisilamu ntibizihiza Noheli, ariko kuri iyi
nshuro Salah akaba yabikoze.
Mu
butumwa yakiriye bwinshi bumutuka, hari umwe mu Bayisilamu bamwibukije ko kuri
Eid Mubarak atigeze ashyira hanze ifoto yizihiza uyu munsi ariko kuri Noheli
akaba aribwo yabikoze, kuri we akaba abifata nk’ubugambanyi ndetse no guta mu
nama idini rya Islam ryose.
Mohamed
Salah umaze ibitego 13 mu marushanwa yose muri uyu mwaka, kuri uyu wa kane muri
shampiyona y’ubwongereza, we n’abagenzi be muri Liverpool baragaruka mu kibuga aho
basura ikipe ikomeye ya Leicester City ibakurikiye ku rutonde rwa shampiyona mu
mukino ukomeye cyane.
Ifoto Salah yashyize ku rukuta rwa Instagram rwe, byatumye atukwa cyane
TANGA IGITECYEREZO