RFL
Kigali

USA: Yahisemo kunywa inkari z’imbwa ye kugirango yivure ibiheri byo mu maso

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:23/12/2019 13:59
0


Abagore aho bava bakagera bakunda kugaragara neza cyane cyane mu maso ari naho bahera bashakashaka ikintu cyose yabibafashamo aho usanga ku mbuga nkoranyambaga hariho ibintu byinshi byashyizweho birimo inkari, umushinga w’ikinyamunjonjorerwa n’ibindi bavuga ko byaba bituma umuntu agira uruhu rwiza ariko ugasanga rimwe na rimwe atari nabyo.



Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga, umukobwa w’umunyamerikakazi Lynn Lew yahisemo kunywa inkari z’imbwa ye kugira ngo akomeze kugira mu maso hasa neza.

Aha yaravuze ati” Benshi mwakomeje kugenda mumbaza ibanga nkoresha kugira ngo ngire mu maso heza” aha muri video ye, yagaragaraga afite igikombe cya plastique ategereje ko imbwa ye ishaka kwihagarika, imbwa yaje kubikora ategaho igikombe.

Yararangije ashyira ku munwa anywa inkari z’imbwa ye zifite ibara ry’umuhondo


Ati “Mbere y'uko mfata umwanzuro wo kujya anywa inkari z’imbwa yanjye nari narihebye cyane, nahoranaga agahinda kuko nari mfite ibiheri byinshi mu maso, nasaga nabi cyane, inkari z’imbwa zikize kuri vitamin A, E ndetse na garama 10 za calcium”.


Iyi nkuru ye yahise isakara cyane, ndetse n’abahanga mu by’ubuzima batangazwa n’ubwo bushakashatsi ndetse barabigenzura, Joy McCarthy wari uyoboye iri genzura yaje gusanga izi nkari z’imbwa nta ngaruka zigira mu mubiri w’umuntu.

Src: dailymail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND