Mikel Arteta wakiniye Arsenal igihe kirekire akanayibera Kapiteni, yahawe amasezerano y’imyaka Itatu yo gutoza Arsenal nk’umutoza mukuru asimbura Unai Emery wirukanywe mu kwezi gushize nyuma y’umusaruro mubi muri iyi kipe yitirirwa abarashi.
Uyu
munya-Espagne w’imyaka 37 y’amavuko
wakiniye Arsenal imyaka itanu itozwa na Arsene Wenger hagati ya 2011 na 2016, akagaragara
mu mikino 150, akanayibera kapiteni, yahawe inshingano zo kuzahura iyi kipe
iri ku mwanya wa 10 n’amanota 22 mu
mikino 17 imaze gukinwa muri Premier League (Shampiyona y’igihugu cy’u
Bwongereza).
Muri
2018 byavuzwe ko ashobora gusimbura Arsène Wenger mbere y’uko Arsenal yemeza
Unai Emery, ariko uyu mugabo wari wungirije Pep Guardiola muri Manchester City
birangira atayijemo ahubwo amahitamo y’ubuyobozi bwa Arsenal aberekeza kuri
Unai Emery, utarahiriwe n’iyi kipe ibarizwa i Londre mu murwa mukuru w’u Bwongereza.
Josh
Kroenke umuhungu wa Nyir'ikipe ya Arsenal, Stan Kroenke, yavuze ko ashimishijwe cyane no
kugarura Arteta muri Arsenal. Arteta akaba asimbuye Unai Emery wirukanwe amaze
muri Arsenal amezi 18 gusa.
Mu
itangazo Arsenal yashyize hanze, yavuze ko abazakorana na Arteta bazamenyekana
mu minsi iri imbere gusa ntabwo ahazaza ha Freddie Ljungberg wari umutoza
wungirije haramenyekana.
Nyuma
yo gutangazwa nk’umutoza mushya wa Arsenal, Mikel Arteta yavuze ko Arsenal igiye
kuba ikipe itwara ibikombe.
Yagize
ati “Iki ni icyubahiro gikomeye. Arsenal ni imwe mu makipe y’ibigugu ku isi. Dukeneye
guhatanira ibikombe bikomeye ku isi ndetse ibyo ni byo biganiro twibanzeho njye
na Stan na Josh Kroenke ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru ba Arsenal.
Twese
turabizi ko hari akazi gakomeye kagomba gukorwa kugira ngo tubigereho gusa
nizeye ko nzabikora. Ndabizi ko bitazakunda mu ijoro rimwe gusa dufite abakinnyi
bafite impano ndetse n’abana bato bari kuva mu ishuri ry’umupira w’amaguru.”
Mikel
Arteta yakiniye Arsenal, Everton,
yanakiniye kandi Rangers yo muri Ecosse mbere yo kujya muri Real Sociedad mu
2004.
Mikel
Arteta azatangira akazi ke ku Cyumweru nyuma y’umukino uzaba kuri uyu wa
Gatandatu uzahuza Arsenal na Everton na yo yakiniye.
Umukino
we wa mbere nk’umutoza mukuru wa Arsenal azawutoza tariki 26/12/2019, aho azasura AFC Bournemouth
nyuma ahite yakira Chelsea ku kibuga Emirates.
Mikel Arteta yagizwe umutoza mukuru wa Arsenal
Arteta yasimbuye Unai Emery wirukanwe amaze amezi 18 muri Arsenal
Arteta yabaye kapiteni wa Arsenal igihe kirekire
TANGA IGITECYEREZO