Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse na AS Kigali, Haruna Niyonzima, yamaze kumvikana n’ikipe ya Yang Africans yo muri Tanzania yakiniye imyaka 6, akaba yamaze kwemera kuyisubiramo nyuma y’imyaka ibiri n’igice ayivuyemo.
Niyonzima
Haruna ugifite amasezerano y’amezi atanu muri AS Kigali, yumvikanye na Yanga SC
kuri uyu wa Kane nyuma y’ibiganiro byamuhuje n’abayobozi bayo byabereye mu
Mujyi wa Kigali. Haruna akaba yagize ibihe byiza mu ikipe ya Yanga Africans
mbere yo gutandukana nayo akerekeza muri mukeba Simba SC yabayemo imyaka 2,
akayivamo agaruka mu Rwanda muri AS Kigali.
Mu
biganiro byahuje impande zombi, yaba Haruna ndetse n’ubuyobozi bwa Yanga Ku
gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, bikaba byarangiye bemeranyije byose aho Haruna
agomba kuvugana n’ikipe ya AS Kigali yakiniraga akabona kwerekeza muri iyi kipe
ya Yanga Africans mu cyumweru gitaha gusinya amasezerano.
Iyi
ni inshuro ya kabiri Niyonzima Haruna agiye gukinira Yanga Africans dore ko bwa
mbere yayerekejemo mu mwaka wa 2011 ubwo yari avuye muri APR FC.
Mu
myaka itandatu yakiniye iyi kipe ikunzwe n’abatari bake muri Tanzania, Haruna
yatwaranye na Yanga ibikombe bine bya
shampiyona, igikombe kimwe cya CECAFA Kagame Cup n’ibikombe bibiri bya ‘Charity
Shield’. Yanagize kandi uruhare rukomeye mu kugeza iyi kipe mu matsinda ya CAF
Confederations Cup mu mwaka wa 2016.
Yayivuyemo
mu 2017, yerekeza muri mukeba, Simba SC, ayifasha gutwara ibikombe bibiri bya
Shampiyona ya Tanzania, anagira uruhare rukomeye mu kugeza iyi kipe muri ¼
cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Total CAF Champions League).
Haruna
Niyonzima agiye gusiga AS Kigali iri mu makipe ahagaze nabi muri Shampiyona,
aho iri ku mwanya wa 11 n’amanota 14 mu gihe Yanga SC agiye kwerekezamo iri ku
mwanya wa cyenda ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona ya Tanzania , irushwa
amanota umunani na Simba SC ya mbere.
Haruna
wamenyekanye akinira Etincelles FC mu 2005, ahava ajya muri Rayon Sports
yakiniye hagati ya 2006 na 2007 mbere y’uko ajya muri APR FC yakiniye imyaka
ine, ahava muri 2011 ajya muri Tanzania muri Yanga Africans.
Haruna yasinye imbanziriza mushinga y'amasezerano muri Yanga Africans
TANGA IGITECYEREZO