Ubuyobozi bw’irushanwa rya Miss Rwanda bwahakanye ko Nyampinga w’u Rwanda Nimwiza Meghan atibye umushinga wa Mwiseneza Josiane nk’uko byagiye bivugwa n’abantu batandukanye ku mbuga nkoranyamabaga.
Nyampinga w’u Rwanda
Nimwiza Meghan akubutse mu Bwongereza aho yari yitabiriye irushanwa rya Miss
World 2019 ryabaye ku nshuro 69.
Uyu mukobwa unafite
ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, mu gace ka Head To Head Challenge yabajijwe
umushinga we yaserukanye muri Miss World [Beauty With Pupose] maze asubiza ko
arajwe ishinga no kurwanya imirire mibi mu Rwanda.
Uyu mushinga wa Nimwiza Meghan waje muri 20 ya mbere mwiza mu yindi isaga 120 yari iri mu irushanwa. Ubwo yiyamamarizaga kuba Nyampinga w’u Rwanda 2019, Nimwiza Meghan yari yavuze ko azashishikariza urubyiruko gutinyuka kwinjira mu buhinzi n’ubworozi ndetse yaranabikoze mu duce dutandukanye tw’igihugu.
Abantu bamwe ubwo bumvaga
ko Nimwiza Meghan yatanze umushinga utandukanye n’uwo yari yaravuze mbere ubwo
yiyamamazaga, batangiye kuvuga ko yibye umushinga wa Mwiseneza Josiane wabaye
Miss Popularity 2019.
Uyu mukobwa ukomoka mu
Karere ka Karongi we yari yavuze ko ashaka kurwanya igwingira mu bana n’ubwo
atigeze abikora.
Mu kiganiro n’abanyamakuru
cyabaye kuri uyu wa 18 Ukuboza 2018, Ishimwe Dieudonnee uyobora Rwanda
Inspiration Back Up ari nayo icunga inyunga za Miss Rwanda yahakanye ko batwaye
umushinga wa Mwiseneza Josiane kuko n’abandi babanje bagiye berekana imishinga
ifite aho ihuriye no kurwanya imirire mibi.
Ati “Mugende murebe
amashusho ya Beauty With The Purpose ya Miss World 2016 murasangamo Jolly n’umushinga
we wo gukamishiriza abana mu rwego rwo kurwanya imirire mibi. Nureba ku
mushinga Liliane yakoze wo kurwanya imirire mibi yawutangiye mu 2018. Kuba rero
hari umwe mu bahatana wazanye umushinga ntatsinde ntabwo bikuraho ko buri
munyarwanda wese ufite ubushobozi kuba yarwanya icyo kibazo. Ni ikibazo kireba
igihugu si ikibazo kireba umuntu.”
Ubwo yari muri Miss World
2019 Nimwiza Meghan yaravuze ati ‘Nkunda abana nkunda kubareba. Birambabaza kubona
umwana abayeho nabi afite ikibazo cy’imirire mibi. Uko mbonye umwana mpita
nibuka ibyo nakoze nkiri muri icyo kigero, sinshaka ko uwo mwana yazibuka ko
yigeze gusonza, ibintu bibasubiza inyuma. Guverinoma yakoze byinshi ariko
haracyagaragara ibibazo by’imirire mibi mu bana mu byaro. Numvise hari icyo
ngomba kubakorera ari cyo kurwanya imirire mibi. Ntabwo nkize ariko ndi mu
mwanya mwiza wo kugira icyo nkora’.
Mbere
y’uko yitabira irushanwa rya Miss World 2019, Nimwiza Meghan yatangije
umushinga wo kwita ku bana 50 bafite ikibazo cy’imirire mibi bo mu Karere ka
Nyamagabe kugeza bakize.
TANGA IGITECYEREZO