RFL
Kigali

Menya ubwoko 11 bwo guhoberana n’ubusobanuro bwabwo

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:18/12/2019 12:43
2


Mu busanzwe uburyo bwo gusuhuzanya ni bwinshi kandi bwose bugenda bunyurana bitewe n’igihe ndetse n’umuntu ubikoze, uwo ari we imbere y’uwo abikorera. Niba utekereza ko uguhoberana kose ari kumwe, kandi gusobanuye ikintu kimwe waba uri kwibeshya.



Hari ubwoko bwinshi bwo guhoberana. Ukwiye kumenya igisobanuro cyabwo kugira ngo bikurinde guhora mu rujijo ndetse unasobanukirwe icyo bivuze niba wajyaga ubikora utabizi. Ibi ni ukubera ko udashobora kwibeshya kuguhoberana ku bucuti busanzwe cyangwa umuntu muri mu mubano wihariye cyangwa mu rukundo. Guhera ubu wabasha gusobanukirwa icyo umuntu ashaka gusobanura mu gihe aguhobeye.

Aha hari uburyo 11 bwo guhoberana n’igisobanuro cyabwo.

1.       Uburyo bwo guhoberana umuntu akugundiriye kandi agukanyaze (The Tight Sqweeze)

Ubu buryo mwese murabuzi akaba ari uburyo inshuti yawe iguhoberamo nyuma y’igihe kirekire mutabonana. Uburyo nyogokuru wawe aguhoberamo buri gihe uko muhuye kuko aba akeka ko ahari ari ubwa nyuma agiye kukubona. Aha iyo umuntu aguhobeye aragukanyaga cyane ku buryo wanarira. Uko ni uguhoberana kuje amarangamutima. Uku kukaba ari ukwanyako.

2.       Guhoberana umwanya muremure (Long hold)

Niba warigeze guhoberwaho umwanya muremure kandi bikomeye uzi icyo bisobanuye. Ubu ni uburyo uhoberwa n’abantu ukunda nyuma yaho umuntu yaba yahuye n’akababaro cyangwa nyuma y’umunsi muremure mutari kumwe. Ni impobero yerekana ko umuntu akeneye ubufasha atiriwe avuga ijambo na rimwe. Ubu ni uburyo umuntu aguhoberamo iyo akwitayeho cyane. Ikindi ni uko ubu buryo umuntu abuhoberamo undi ashako ko amererwa neza. Niba ujya uhoberwa muri ubu buryo menya ko abandi bantu bakubonamo umuntu watuma bamera neza.

3.       Kuguhobera umuntu aguturutse inyuma ( From the back)

Hari uburyo umuntu agutunguramo akaguhobera kandi akagusiga wumva ukunzwe cyane.  Ubu buryo ni ukuri buba buvuye ku muntu wawe w'ingenzi kandi bukaba ari ingirakamaro. Ubu buryo bukwereka ko mugenzi wawe akwitayeho cyane. Bikaba bigaragaza ko yari agukumbuye kandi yishimiye kongera kukubona. Ni uburyo wumva bukunyuze cyane bushobora kugusiga wumva ukunzwe cyane kandi wishimiye umuntu ubugukoreye.

4.       Guhoberana umuntu akajya agucishaho ikiganza mu mugongo buhoro buhoro (Back stroke)

Ubu buryo burasanzwe mu bantu b'inshuti kuruta abo mu muryango cyangwa abakundana. Aha ni aho abantu bahoberana noneho bakamera nk’abatsiritana mu mugongo. Ni uburyo busanzwe, iyo umuntu abukoze aba akwereka ko akwifuriza ibyiza kandi ashaka ko umera neza. Ni uguhoberana ku bucuti cyane ni cyo bigaragaza. Menya neza mu gihe umuntu aguhobeye gutya aba akwifuriza ineza kandi yishimiye kukubona.

5.       Guhoberana abantu bicaye batandaraje (Straddle hug)

Niba ushaka kumenya ko umuntu ari gushaka ko mwishimisha kandi ashaka ku kwimariramo ubu ni bwo buryo azaguhoberamo. Ubu ni uburyo ubusanzwe umwe aba yegeye hejuru undi amuri mu maguru ubundi bagahoberana. Ubu buryo busaba kuba hari ikizere kinini mu marangamutima ndetse no kwirekura. Niyo mpamvu ubu buryo bukorwa hagati y’abantu bakundana gusa cyangwa abantu bagiye mubintu by’urukundo. Bukaba bukururana hagati y’ababukora. Bukaba bukorerwa ahantu hihereye.

6.       Kuguhobera mu mayungu yungu (The Around the waist)

Guhoberwa mu mayungu cyangwa mu rukenyerero ni uburyo bwo ku kwiyegereza. Mukureka amaboko yawe ajya hejuru ye bituma umuntu afunguka kandi akakwiha. Ubu bukaba ari uburyo umuntu aguhoberamo akwereka ko akwizera byanyabyo kandi ashimishijwe no ku kubona ubu bukaba kandi ari uburyo ushobora kwereka mo umuntu ko umwitaho kandi ko ari mu buryo bwiza bwo kuba mwavugana atifashe.

7.       Guhobera amahushuka ( The Quick Pat)

Ubu buryo nabwo abenshi bahura nabwo. Bukaba ari uburyo abantu bahoberanamo ariko hagati yabo badashaka ko abantu bababona bari guhoberana. Na none kandi bukaba bwerekana abantu babiri batisanzuranyeho. Niba byarakubayeho menya ko uwo muntu yashakaga kuguhobera mukinyabupfura ariko mubyukuri atashakaga kubikora.

8.       Guhoberana abantu bameze nk’abari kubyina buhoro buhoro (The Slow Dance)

Waba warigeze guhoberanaho n’umuntu ubundi ugasa n’umwitaza kugirangao murebane neza, kandi amaboko yanyu akibazengurutse? ni ubwo buryo. Ni uburyo uba ushaka kuvugisha mo umuntu ariko udashaka kujya kure kubera ko wumva ushaka kwigumira mu maboko ye. Ubu buryo bukaba bukorwa n’abantu bateretana cyangwa bashaka kubikora. Bukaba bukangura imvamutima cyane.

9.       Guhoberana abantu batandukanye cyane (London Bridge)

Niba ari uguhoberana gutera ikimwaro kubaho ni uku. Ubu ni uburyo umuntu aguhoberamo akwitaje cyane kuburyo mutegerana. Iki ni ikimenyetso kerekana neza ko umuntu adashaka kuguhobera ariko afite kubikora bitewe n’impamvu. Ubu nabwo ni uburyo umuntu ahoberamo nka nyirarume wiwe cyango babyarabe mu gihe baba basa nabi.

10.   Guhoberana amaboko anyuranyemo (The alternating arms)

Ntagushidikanya ko nawe waba warigeze uhoberwaho muri buno buryo. Ubu bukaba ari uburyo abantu bahoberanamo ukuboko kwawe guca hejuru ukundi kunyura munsi. Ubu bukaba ari uburyo abantu binshuti bahoberanamo, gusa nanone bukaba bugaragaza ko wishimiye umuntu ariko utamufungukiye cyangwa utamwisanzuyeho cyane.

11.   Guhobera hakoreshejwe ukuboko kumwe kugufashe ku rutugu (The one Arm Reach)

Ubu buryo dushobora nko kubusobanura nk'aho ari ukuguhobera igice. Aho umuntu akoresha akaboko kamwe akakuzenguruka. Bukaba bushobora gusobanura ibintu byinshi, niba biturutse ku muntu ukunda bishoboka ko ashaka kukwiyegereza no kukurinda. Niba bikozwe n’umuntu muri inshuti bisanzwe, menya ko ari kuguha ubufasha kugirango umere neza.

Guhoberana bivuze ibintu byinshi kuruta uko bigaragarira abantu. Ni byiza ko wamenya ubwo buryo bwose ukanamenya n'icyo busobanuye.

Src: hackspirit.com, herway.net






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kayondo Patrick3 years ago
    ariko imyumvire iba inatancukanye numva nubusobanuro bumwe na bumwe bwahita buhinduka
  • Fabrice3 months ago
    None mwubwo buryo twokoresha ubuhe?





Inyarwanda BACKGROUND