Nsengiyumva Francois "Igisupusupu" wari umaze iminsi acecetse yagarukanye indirimbo nshya "Umutesi"

Imyidagaduro - 17/12/2019 5:36 PM
Share:

Umwanditsi:

Nsengiyumva Francois "Igisupusupu" wari umaze iminsi acecetse yagarukanye indirimbo nshya "Umutesi"

Nsengiyumva Francois wamamaye nka Igisupusupu yashyize hanze indirimbo ye nshya yise “Umutesi " nyuma y’igihe kitari gito yari amaze atumvikana.

Iyi ndirimbo yagiye hanze kuri uyu wa 17 Ukuboza 2019, nk’ibisanzwe amajwi yayo yakozwe Jay P mu gihe amashusho yakozwe na Fayzo.

Iyi ndirimbo Nsengiyumva yise “Umutesi " irimo amagambo y’urukundo, ikaba iri mu njyana yihuta ijya kumera nk’izo muri Kenya zizwi nk’injyaruwa.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe ahantu mu cyaro, Nsengiyumva yifashishije ababyinnyi n’abandi bantu barimo n’abanyarwenya, Japhet na Etienne bamenyerewe muri Bigomba Guhinduka.

Umutesi igihe hanze mu gihe hari hashize iminsi Nsengiyumva atumvikana, abantu bamwe baratangiye kwibaza icyatumye agabanya umurindi yatangiranye.

Iyi ni indirimbo ya gatanu nyuma ya “Mariya Jeanne ", “Icange ", “Rwagitima " na “Uzaze Urebe u Rwanda."

Nsengiyumva Francois ari mu bahanzi bagize igikundiro gihambaye mu Rwanda muri uyu mwaka 2019 bituma atumirwa mu bitaramo bikomeye bitandukanye byabereye mu Mujyi wa Kigali no mu zindi ntara.

Uyu mwaka wa 2019 kandi nibwo Nsengiyumva Francois yatangiye kwamamara dore ko indirimbo ye ya mbere yagiye hanze mu Ukuboza 2018 igakundwa mu buryo budasanzwe kuri ubu ikaba imaze kurebwa inshuro zisaga miliyoni ebyiri.

2019 isize ubuzima bwa Nsengiyumva Francois buhindutse burundu kuko yawutangiye acurangira igiceri cy’ijana mu tubari two muri Gatsibo ubu akaba amaze kwinjiza miliyoni nyinshi. 

REBA AMASHUSHO YA UMUTESI YA NSENGIYUMVA FRANCOIS



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...