RFL
Kigali

Ibihembo bya Salax Awards 8 ntibigitanzwe mu ntangiriro z'umwaka wa 2020

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:12/12/2019 13:01
0


Abategura ibihembo bya Salax Awards batangaje ko gutanga ibihembo ku bahanzi bahize abandi mu mwaka wa 2019 bitazaba mu ntangiroro z'umwaka wa 2020 ahubwo ko bizatangwa mu mpeshyi.



Salax Awards ni ibihembo byatangiye gutangwa mu 2009 mu rwego rwo gushimira abahanzi b’abanyarwanda bitwaye neza kurusha abandi mu byiciro bitandukanye.

Ibi bihembo byagiye bigonga urukuta kenshi bigatuma imyaka imwe n’imwe bitaba. Kuva mu 2015 byari byarahagaze byongeye gutangwa muri uyu mwaka 2019 hashimirwa abitwaye neza mu 2018.

Ibihembo bya Salax Awards 7 byatanzwe muri Werurwe uyu mwaka, umuhanzi Bruce Melodie aba ari we utorwa nk’uwahize abandi bose.

Mu Kiganiro INYARWANDA yagiranye n’Umuyobozi wa AHUPA, ishinzwe gutegura ibi bihembo, Ahmed Pacifique, yavuze ko bizatangwa mu mpeshyi aho kuba mu ntangiroro z’umwaka nk’uko byari bisanzwe.

Ati “ Ntabwo turabimenya neza ariko ishobora kuzaba muri Nyakanga mu mpeshyi.”

Ahmed yavuze ko impamvu bimuye igihe batangiraga ibi bihembo ari uburyo bwo kugira ngo babanze bitegure neza kuko mu ntangiriro z’umwaka hagaragayemo imbogamizi.

Ati “ Urabona muri Werurwe ntabwo uba ufite amakuru yose y’umwaka  kandi duhita tujya mu cyunamo, nta n’ubwo haboneka umwanya uhagije wo kubimenyekanisha,  turashaka kubitegura neza.”

Icyo gihe hazaba hahembwa abahanzi bitwaye neza hagati ya Mutarama n’Ukuboza 2019, abahatanira ibihembo bakazatangazwa bitarenze Werurwe 2020 muri Gicurasi amatora agatangira.

Ibihembo bya Salax Awards 7 n’ubwo byari bigarutse mu isura nshya dore ko Ikirezi Group yahaye ububasha AHUPA, havutsemo ibibazo aho abahanzi batsindiye ibihembo batinze guhabwa amafaranga bari bemerewe. 

Ahmep Pacifique uyobora AHUPA ni we washyikirije igikombe Bruce Melodie 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND