RFL
Kigali

Guverinoma y'u Rwanda yakuyeho imisoro ku nyongeragaciro ku bikoresho by'isuku by'abagore n'abakobwa

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:11/12/2019 13:38
0


Uyu ni umwe mu myanzuro yafashwe mu rwego rwo korohereza abagore n'abakobwa kubona ibi bikoresho aho Leta y'u Rwanda yavanyeho imisoro ku nyongeragaciro (TVA) ku bicuruzwa by'isuku y'abagore n'abakobwa bari mu mihango.



Ku rubuga rwayo rwa twitter, Minisiteri y'uburinganire n'iterambere ry'umuryango yatangaje ko kuvanaho iriya misoro ari umwanzuro "wafashwe mu rwego rwo korohereza abagore n'abakobwa kubona ibi bikoresho."

Ubusanzwe ibi bikoresho bigurwa ku mapaki, agapaki kamwe karimo udukoresho 10 kagura amafaranga hagati ya 900Frw na 1000Frw bishatse kuvuga ko aya mafaranga ari menshi ku buryo buri mukobwa wese cyangwa umugore atapfa kuyabona buri kwezi.

Ni ibintu byashimishije abagore n'abakobwa ariko nanone haribazwa niba igiciro kizagabanuka ku buryo buri wese yabasha kubona ibi bikoresho mu buryo bworoshye. Hakibazwa nanone igihe iki giciro kizagabanukira kuko hari ubwo icyemezo gifatwa ariko ugasanga ibiciro ku isoko biracyari bya bindi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND