Icyamamare ku isi mu mukino wa Tennis Caroline Wozniacki ufite inkomoko muri Danemark ariko akaba atuye mu Bufaransa, ku myaka 29 y’amavuko yasezeye burundu ku mukino wa Tennis. Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa instagram yatangaje ko irushanwa rya Australian Open riteganyijwe kuba muri Mutarama 2020 ari ryo rya nyuma azakina.
Mu
myaka 14 Caroline amaze muri uyu mukino atangaza ko bitari byoroshye ariko
ashimira by'umwihariko umuryango we ndetse n’inshuti ze zamubaye hafi muri uru
rugendo.
Mu
magambo yanditse ku rukuta rwa Instagram anasangiza abakurikira urukuta rwe amafoto ye
agifite imyaka 15, Caroline yavuze ko mu myaka 14 amaze muri uyu mukino
yawigiyemo byinshi cyane, yongeraho ko ashimishijwe no kuba yarageze ku ndoto
ze yagize guhera akiri muto.
Yagize
ati” Natangiye gukina nk’umunyamwuga ku myaka 15, guhera icyo gihe nibwo nize
umuzingo wa mbere utangaje w’igitabo cy’ubuzima bwange, nitabiriye amarushanwa
atandukanye, nkina n’abakinnyi bakomeye cyane, natwaye ibendera ry’igihugu
mvukamo mu mikino Olympic, natwaye irushanwa rya Australian Open riri mu
marushanwa akomeye muri Tennis ku isi mu mwaka wa 2018, nageze ku ndoto zange,
nasohoje byinshi nahoraga nibaza kuri uyu mukino, nashakaga gukora byinshi
ariko ntekereza ko ibyo nagombaga gukora nabikoze”.
Zimwe
mu mpamvu zitumye Caroline agiye gusezera muri uyu mukino akiri muto, mu mwaka
wa 2018 avuga ko yafashwe n’indwara itatuma akomeza gukina igihe kirekire,
ikindi Caroline yavuze gitumye asezera ngo ni uko muri Kamena muri uyu mwaka
yashize urugo rushya na David Lee, bityo rero akaba afite inshingano zo kwita
ku mugabo we ndetse n’urugo muri rusange bigatuma atabona umwanya wo gukora
imyitozo ihagije yatuma yitabira irushanwa, avuga ko yabitekerejeho abijyamo
inama n’umuryango we bemeza ko nyuma y’irushanwa rya Australian Open mu kwezi
kwa mbere 2020 azatangaza ku mugaragaro ko asezeye burundu kuri uyu mukino.
Caroline
yasoje ubutumwa bwe ashimira buri wese wagize uruhare mu rugendo rwe muri uyu
mukino wa Tennis.
Yagize
ati” Ibi nta nakimwe bizahungabanya ku buzima bwange, gusa ntabwo bisobanuye ko
ntandukanye namwe burundu, kuko tukiri kumwe arikondagira ngo mfate uyu mwanya
n’umutima wange wose nshimire abafana, abaterankunga, amakipe atandukanye,
cyane cyane papa wari umutoza wange, umugabo wange ndetse n’umuryango wange
bambaye inyuma, iyo ataba mwe samba narageze kubyo nagezeho, Murakoze”!
Caroline
Wozniacki w’imyaka 29 y’amavuko kuri ubu uri ku mwanya wa 37 ku rutonde rw’abakinnyi
ba Tennis ku isi mu bagore, asezeye
amaze gutwara amarushanwa atandukanye, harimo Australian Open 2018, Tour Finals 2017,
yanageze ku mukino wa nyuma inshuro ebyiri muri US Open, akaba asezeye amaze
kugeza ku butunzi bungana na $34,075,665.
Caroline yasezeye burundu muri Tennis akiri muto agiye kwita ku rugo
Caroline avuga ko asezeye kugira ngo yite ku mugabo we David Lee
Caroline yatwaye irushanwa rya Australian Open 2018
Caroline yishimira igikombe cya Australian Open 2018 yatwaye
TANGA IGITECYEREZO