Umutoni Aline wasifuye umukino wahuje Gasogi United na Gicumbi FC biravugwa ko yafatiwe ibihano

Imikino - 28/11/2019 8:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Umutoni Aline wasifuye umukino wahuje Gasogi United na Gicumbi FC biravugwa ko yafatiwe ibihano

Nyuma yo gusagarirwa n’abakinnyi ba Gicumbi ubwo umukino wahuzaga Gasogi United na Gicumbi wari urangiye, Umutoni Aline wasifuye uyu mukino, yanenzwe kenshi n’impande zombi ku byemezo bimwe na bimwe yafashe mu mukino, kuri ubu biravugwa ko Aline yahagaritswe n’akanama ka komisiyo y’imisifurire mu gihe cy’ukwezi kumwe.

Mu mukino wahuje Gasogi United na Gicumbi FC ku munsi wa 10 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali ku wa kabiri w’iki cymweru, warangiye Gasogi United itsinze Gicumbi igitego 1-0, ni umukino wasifuwe na Aline Umutoni wagaragaye kenshi adahuza n’abatoza ndetse n’abakinnyi b’impande zombi ku byemezo bitandukanye yagiye afata muri uyu mukino.

Umukino urangiye  abakinnyi ba Gicumbi bakoze ikimenyetso kitari cyiza ubwo birukiraga ku musifuzi bigaragara ko barakaye batanyuzwe n’imisifurire yuyu mukino ariko abashizwe umutekano we barahagoboka baramuherekeza.

Amakuru agera ku inyarwanda.com aravuga ko akanama ka komisiyo y’imisifurire kicaye kagasuzuma imyitwarire y’Umutoni Aline kuri uyu mukino basanga hari amakosa yagiye akora bituma bamufatira umwanzuro wo kumuhagarika mu gihe kingana n’ukwezi kumwe nta gikorwa kijyanye no gusifura agaragaramo.

Gasingwa Michel uhagarariye komisiyo y’abasifuzi muri FERWAFA yavuze ko ntacyo yatangaza kubijyanye n’ibihano bya Umutoni Aline biri kuvugwa kubera ko nta myanzuro irajya hanze ibivugaho, bityo avuga ko yagira icyo atangaza mu gihe hasohotse umwanzuro ubyemeza.

Umusifuzi waherukaga guhanwa ni Rurisa Patience nawe wahaniwe imyitwarire mibi ku mukino.

Urwego rw’abasifuzi ruri gutungwa agatoki muri iyi minsi ko rutari kwitwara neza, ariko byose bikagaruka ku mibereho y’abasifuzi mu Rwanda, dore ko bahabwa intica ntikize, ubundi bikavugwa ko bajya ku mikino bahawe ruswa bigatuma babogama.


Umutoni yanenzwe cyane ku mukino yasifuye wa Gasogi United na Gicumbi


Umukino urangiye Aline yasagariwe n'abakinnyi ba Gicumbi


Aline yageze mu rwambariro aherekejwe n'abashinzwe umutekano we kugira ngo hatagira ikimuhungabanya

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...