RFL
Kigali

Abagore gusa: Buri mugabo wese akeneye kumva aya magambo 10 aryoshyeheye amatwi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:22/11/2019 18:35
1


Mu buzima busanzwe hariho amagambo meza cyane umugabo abwirwa n’umugore we akumva yongeye kumukunda bundi bushya



Muri make,nkuko abagore bifuza gukundwa iteka no guhabwa agaciro ni nako abagabo bifuza buri gihe kumva amagambo meza aturuka ku bagore babo ahanini ayo magambo akaba abashyira hejuru

Aya magambo rero ni ingenzi cyane ku mugabo wawe

Uri mwiza: nubwo badakunda kubigaragaza ariko abagabo bakunda iri jambo cyane iyo baribwiwe n’abagore babo, aha bituma umugabo yumva yishimiye kuba umugabo, akumva aguwe neza ndetse akanezezwa n’uko umwitaho, umuhozaho ijisho ukabona ko ari mwiza

Niba ukunda umugabo wawe mubwire ko ari mwiza kugirango urusheho kumwigarurira

Nishimiye kuba uwawe: umugabo wawe akeneye kumenya ko ari uw’agaciro imbere yawe, gerageza kumubwira kenshi ko ari wowe yaremewebizatuma akukundwakaza kurutaho ndetse bimutere imbaraga zo kugukorera byinshi byiza

Umubiri wawe watangiye kuba mwiza kurutaho; mu gihe umugabo wawe akira sport kugirango arusheho kuba neza ni byiza ko umutera imbaraga umubwira ko bigenda biza bizatuma amenya ko umwitaho iteka bityo na we akore iyo bwabaga kugirango agushimishe

Ndagukunda: buri muntu wese aho ava akagera akunda gukundwa nubwo abagabo ari bo bakwiye kubanza kubivuga, ariko nanone nabo banezezwa cyane no kumva umuntu ababwira ko abakunda, nubwira umugabo wawe ko umukunda azarushaho kwiyumva neza ndetse bimutere imbaraga zo kugukunda kurushaho

Utandukanye n’abandi: abagabo ntago bakunda umuntu ubagereranya n’abandi, mu bikorwa byose umugabo wawe akoze mubwire ko ari uwa mbere muri byose mwereke ko nta wundi bahwanye

Mbwira ikikubabaje niteguye kukumva: burya abagabo na bo bakenera gutegwa amatwi, bakenera inama rwose, ntago ari ikimenyetso cyo gucika integer ahubwo bakenera andi maboko aturutse iwawe, iy o umwitaho gutyo bituma na we akwitaho kurutaho

Ndi hano ku bwawe: nubwo umugabo yahura n’ibyago n’amakuba bimeze bite akeneye ko umubwira ko uri mu ruhande rwe

Ndakwizera: nkuko akwizera, ni byiza ko nawe umubwira ko umwizera, mwereke ko icyaba cyose cyatuma umutakariza icyizere kitapfa kugufata

Urakoze: wikeibagirwa kumushimira kuri buri kimwe agukoreye bimutera umunezero ndetse n’imbaraga zo kuzagukorera ikindi kintu cyiza, bimwereka ko uzirikana imbaraga uba wakoresheje umukorera ibyiza

Ndakubaha: nta kintu kiza kibaho nk’umubano ushingiye ku kubahana, kora ibishoboka byose wereke umugabo wawe ko umwubaha ndetse ubimugaragarize cyane ko abagaba bakunda icyubahiro, bizatuma agukunda cyane

Src: lefigaro.fr 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nuwimaana Felix4 years ago
    Nibyiza cyane





Inyarwanda BACKGROUND