Umuyobozi wa Rayon Sports Munyakazi Sadate mu kiganiro n’itangazamakuru yageneye ubutumwa Gasogi United n’abakunzi bayo, abatumirira kwitabira ‘Rayon Sports Day 2019’ aho yahize gutsinda iyi kipe mu mukino wa gucuti akayiha ikaze mu cyiciro cya mbere, ikipe afata nk’umwana wavukanye amagambo.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 11
Ugushyingo 2019 kuri Hotel La Palisse i Nyandungu habereye ikiganiro
n’abanyamakuru cyahuje abayobozi ba Rayon Sports na Gasogi United mu rwego rwo
gutegura umunsi w’ibirori bya Rayon Sports bizamurikwamo umwambaro mushya wa Gikundiro.
Ibirori biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo 2019, saa 18:00 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo. Ku rutonde rw’ibikorwa biteganyijwe muri ibi birori, harimo kumurika ikipe y’ingimbi ya Rayon Sports izakina umukino wa gicuti, kumurika imyenda mishya ya Rayon Sports no kumurika igishushanyo mbonera cya Gikundiro Stadium, umushinga wa stade ya Rayon Sports.
Muri iki kiganiro umuyobozi wa Rayon Sports Munyakazi Sadate yahize gukomeza gushimisha abakunzi b’ikipe ye badahwema gushyigikira abakinnyi babo kandi yiteze ko bazanuzura stade ya Kigali. Munyakazi Sadate yagize ati:
Turifuza kwitwara neza tugaha ikaze uyu mwana (Gasogi United) twabonye wavukanye amagambo menshi. Iyi kipe y’umudugudu cyangwa akagari ishaka guhangana n’ikipe y’isi izahabwa isomo.
Uyu muhango ugiye gukorwa ku nshuro ya mbere mu mateka
y’umupira w’amaguru mu Rwanda biteganyijwe ko uzanasusurutswa n’abahanzi
batandukanye kandi abazawitabira bazabona aho kwicira inzara n’inyota muri
stade.
Muri uyu mwaka w’imikino ntabwo Rayon Sports ihagaze neza
cyane, uretse ko itanahagaze nabi kubera ko mu mikino umunani imaze gukinwa iyi
kipe yambara ubururu n’umweru ihagaze ku mwanya wa 4 n’amanota 15 aho irushwa
na Police Fc ya mbere amanota atatu. Imaze gutsinda imikino 4, inganya 3 ,
itsindwa umukino umwe, aho yatsindiwe i Nyagatare na Sunrise FC ibitego 2-1.
Umwanditsi – SAFARI Garcon –inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO