RFL
Kigali

Abakobwa barindwi basize umugani mu marushanwa ya Miss Rwanda

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:8/11/2019 10:32
2


Buri mwaka mu Rwanda hatorwa umukobwa uhiga abandi mu bwiza n’ubwenge biciye mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda [Miss Rwanda], akaba afite inshingano zo gukora imishinga itandukanye ikemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda.



Ni urushanwa rimaze gushinga imizi riba rirangamiwe n’abakobwa benshi baba bifuza kwambara iri kamba riherekezwa n’imodoka, amafaranga n’ibindi bihindura burundu ubuzima bw’uwaryambitswe.

Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 iri rushanwa ryabaye inshuro ebyiri naho nyuma yayo rimaze kuba inshuro umunani ndetse harabura iminsi micye ngo ribe ku nshuro ya 9.

Miss Rwanda ni irushanwa rimara hafi amezi abiri ndetse muri icyo gihe cyose rimara riba riri kuvugisha abantu mu mpande zitandukanye bitewe n’abo bashyigikiye, udushya tuberamo n’ibindi.

Mu myaka iri rushanwa rimaze hari abakobwa baryitabiriye basize umugani ku buryo badateze kuzibagirana mu mateka yaryo.

Mwiseneza Josiane

Uyu ni umukobwa ukomoka mu Ntara y’Uburengerazuba mu Karere ka Karongi. Yitabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka 2019 urugendo rwe arutangirira mu Karere ka Rubavu.

Tariki ya 16 Ukuboza 2019 yasize uyu mukobwa ari icyamamare mu Rwanda no mu mahanga bitewe n’umuhate udasanzwe yagaragaje kugira ngo yitabire iri rushanwa ry’ubwiza.

Mwiseneza Josiane yaturutse mu mujyi wa Rubavu ajya i Nyamyumba ahari Inzozi Beach Hotel agenda n’amaguru akora urugendo rwa Kilometero 10 ndetse agerayo yasitaye ino ry’igikumwe riva amaraso.

Yakoze benshi ku mutima, bamushimira uburyo yitinyutse akiyemeza guhatana n’abanyamujyi bisize, abenshi muri bo bari bagiye batwawe mu modoka zihenze.

Abantu batabarika biganjemo n’abatari basanzwe bakurikira iri irushanwa bamugiye inyuma biyemeza kumushyigikira, amatsinda arashingwa ku rubuga rwa Whatsapp bateranya amafaranga agera muri za miliyoni, bamugurira imyenda mishya n’inkweto yikoraho riraka!

Mu minsi micye yahise ava iwabo yegera umujyi wa Kigali aho ibikorwa byinshi by’irushanwa byari bigiye gukomereza, maze aho anyuze hose  telefone zikamwerekezaho zifotora, ndetse hamwe agateza umuvundo w’abantu n’imodoka.

Uyu mukobwa washyigikiwe n’abantu benshi kurusha abandi bose kuva iri rushanwa ryatangira, yazamukiye ku majwi yo gutora binyuze kuri telefone kugeza ku munsi wa nyuma atowe nka Miss Popularity.

Nyuma y’iri rushanwa uyu mukobwa yakomeje kuvugwa cyane, abantu barimo n’abo mu mahanga biyemeza kumufasha barimo Mimi Mirage wamuhaye amafaranga yo kugura imodoka n’abandi batandukanye.

Kuri ubu uyu mukobwa ari kwiga muri Kaminuza ya Ines Ruhengeri ndetse bivugwa ko yemerewe kwiga ku buntu.

Mwiseneza Josiane yavugishije benshi muri Miss Rwanda 2019

Umutoniwase Anastasie

Uyu mukobwa ukomoka mu Karere ka Muhanga yitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2018 akora ku mitima ya benshi ubwo we na bagenzi be bari berekeje mu mwiherero.

Ubwo berekezaga ku Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco aho bagombaga guhagurukira, abenshi baje batwawe mu modoka n’inshuti n’abo mu miryango, ariko we yitegeye moto nawe birasakuza dore ko hari abafata iri rushanwa nk’iryashyiriweho abana bo mu bifite gusa.

Abafite umutima w’impuhwe bahise biyemeza gushyigikira uyu mwari ngo hato intege nke ze zo mu mufuka zitazatuma asezererwa maze biyemeza kumutora karahava nawe azamukira ku itike yo gutorwa binarangira abaye Miss Popularity.

Umutoniwase Anastasie gutega moto byamuviriyemo amahirwe

Uwase Hirwa Horone [Miss Igisabo]

Hari abajya bavuga ngo ‘ikipe yishakira abafana’, Uwase Hirwa Honorine wahatanye mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2017 yigwijeho abafana bitamutwaye imbaraga.

Umukemurampaka Mike Karangwa yamubajije uko imyambirire ye yagaragaza ishusho y’umunyarwandakazi maze asubizanya icyizere cyinshi ati “umunyarwandakazi ni uteye nk’igisabo kandi ndatekereza ko byose bigaragara.”

Kuva uwo munsi yahise aharura inzira ze mu rugendo rwa Miss Rwanda 2017 kuko amaso yose ari we yahise ahangwa, aravugwa ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru,  izina rirahinduka yitwa Miss Igisabo birangira atowe nk’umukobwa wahize abandi mu gukundwa aba Miss Popularity.

Yavuze ko ateye nk'igisabo bitangaza benshi

Mutoni Balbine

Uyu mukobwa yitabiriye bwa mbere irushanwa rya Miss Rwanda mu 2015 ryarangiye ryegukanywe na Kundwa Doriane naho we aba igisonga cya kane.

Mutoni Balbine ntiyigeze anyurwa n’uyu mwanya kuko we yumvaga adatuje atumva umutwe utamirije ikamba, niko kwiyemeza kongera guhatana mu 2016 ngo akabye inzozi ze.

Bwari ubwa mbere bibaye ko umukobwa wageze muri batanu ba mbere muri irushanwa yakongera kurisubiramo.

Abumvise inkuru ko yasubiyemo baratunguwe ndetse bamwe  batangira kumugereranya na Kiiza Besigye wo muri Uganda nawe wari umaze igihe kinini ahanganye na Perezida Museveni yaranze kuva ku izima.

Yaririye twinshi abura na duke yari afite! Ku munsi wa nyuma w’irushanwa Mutoni Balbine yaje gutungurwa mu buryo bukomeye ayoberwa ibimubayeho.

Umwanya w’igisonga cya kane utari waramunyuze, nawo yaje kuwubura yisanga asabwa kuva aho biyerekaniraga ngo ahigamire abari bamurushije. Yahise yambara umwitero w’igisonga cya kane asanga abandi bari bagiye gusimburwa n’akangononwa.

Mutoni Balbine yabaye igisonga cya kane ntiyanyurwa asubiyemo abura n'utwo yari afite

Vanessa Mpogazi

Vanessa Mpogazi ni we ufite agahigo ko kuba yaritabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda inshuro nyinshi.

Ubwa mbere yagiyemo mu 2014 atahira aho ikamba ryegukanwa na Akiwacu Colombe. Undi mwaka yiyemeje kongera kurijyamo ngo yitwe Nyampinga w’u Rwanda kuko yabonaga ari ihoho ryuje ubwenge n’umuco ariko nabwo akubita igihwereye ikamba ritwarwa na Kundwa Doriane.

Ntabwo yigeze acika intege kuko mu 2016 nabwo yasubiyemo ubwa gatatu ashaka kugera ku nzozi ze nabwo biranga n’ubwo bitagenze nabi nko mu myaka yabanje. Icyo gihe yabaye igisonga cya kabiri inyuma ya Miss Mutesi Jolly, na Kwizera Peace Ndaruhutse.

Vanessa Mpogazi niwe mukobwa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda inshuro nyinshi

Ingabire Habibah

Ingabire Habibah yitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu 2017 ariko ntiyabasha kurenga ijonjora ry’ibanze ryo mu mujyi wa Kigali.

Uyu mukobwa uherutse gusabwa akaba anitegura kwibaruka imfura, rwose urebeye inyuma ubwiza Imana yarabumusize iramunogereza ndetse ntawakekaga ko yavamo rugikubita nyamara byarabaye.

Uyu mukobwa wari wiyizeye ku buryo yumvaga azagera kure hashoboka byanarimba akitwa Nyampinga w’u Rwanda 2017, nyuma yo kuvamo yasohotse yarubiye, arataha maze agahinda ke agatura Instagram atuka umukemurampaka Rwabigwi yavugaga ko yamuhohoteye.

Uyu mukobwa nubwo yaje kwisubiraho agasaba imbabazi, ntibyakuyeho ko yisamye yasandaye kuko inkuru ye yakwiriye hose bigatuma benshi bibaza uko yari kuzitwara iyo aramuka abaye Miss Rwanda.

Ingabire Habibah yababajwe no kudakomeza aratukana

Umuhoza Ghislaine

Mu 2014 ubwo habaga amajonjora y’abakobwa bazahagararira Intara y’Amajyepfo, umukobwa witwa Umuhoza Ghislaine yataye ikuzo Isi iramwota.

Umukemurampaka yamubajije mu rurimi rw’igifaransa ikibazo yakemura aramutse atorewe kuyobora umujyi wa Kigali. Ati “Si vous étiez un jour nommée maire de la ville de Kigali, quel est le problème que vous allez régler, et pourquoi ce problème?”

Uyu mukobwa yarwanye n’iki kibazo kimubiza icyuya mu gifaransa cye gike  ati “Le problème que je vais régler, c’est la problème des enfants de la mère qui vont mourir avant né, la problème que je règles c’est la problème des enfants qui ont mort avant nés. Tugenekereje ibyo yashatse kuvuga, ngo azita ku kibazo cy’impfu z’abana bapfa bavuka, kugira ngo gishakirwe umuti.

Kuva ubwo abantu abantu baramwose bigera n’aho bakoresha imipira iriho amagambo yavuze mu buryo bwo kumunnyega. 

Umuhoza Ghislaine yavuze igifaransa nabi isi iramwota






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jean Bosco Ndayirukiye4 years ago
    Ni bo
  • Mutwarasibo Anastase4 years ago
    Harihakwiye no kuzajya habaho irushanwa rya barudasumbwa burimwaka rikamamazwa nkirtabashiki bacu. Kuko duraryamirwa cyane! Murakoze!





Inyarwanda BACKGROUND