RFL
Kigali

B Face yongeye gushimangira ko ari umwami wa Rap mu Rwanda no mu Burundi-VIDEO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:7/11/2019 8:42
2


Umuraperi wo mu Burundi B Face wigeze gukora indirimbo yibasira abaraperi bo mu Rwanda, akomeje kwemeza ko ari umwami w’injyana ya Rap mu Rwanda no mu Burundi, ngo kuko ntawabashije kumusubiza mu ndirimbo zose yakoze abivuga.



Mu mwaka wa 2017 ni bwo umuhanzi B Face wo mu Burundi yashyize hanze indirimbo yise “La Difference” aho abagaragaza ko abaraperi bo mu gihugu cye barusha abo mu Rwanda, ndetse agenda anavuga amazina ya bamwe na bamwe byumvikana mu buryo bwo kubasebya.

Ni indirimbo yakunzwe mu Burundi, ariko mu Rwanda bamwe bayumva atari uko bayikunze ahubwo bashaka kumva ibitsutsi biyirimo ndetse barakarira bikomeye uyu musore utari usanzwe azwi na gato mu Rwanda.

Mu biganiro bitandukanye yagiranye n’itangazamakuru, B Face yavuze ko ajya guhanga iyi ndirimbo nta rwango yari afitiye abaraperi bo mu Rwanda ahubwo ari ibintu bisanzwe mu rap n’ubwo hari ababifashe nabi.

Uyu musore uherutse gukorana indirimbo na Tom Close bise “Impa” akaba ari no mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye na INYARWANDA yavuze ko yifuzaga ko abaraperi bo mu Rwanda bamusubiza kugira ngo rap yo mu bihugu byombi ishyuhe n’ubwo atabigezeho.

Ati “Nta muraperi n’umwe wo mu Rwanda ndumva ukunzwe mu Burundi ngo abe yaza akore igitaramo ngo yuzuze abantu, ntaho yabakura kandi nta muraperi wo mu Burundi waza mu Rwanda ngo abone abantu. Icyo njyewe nari ngamije iyo baza kunsubiza byari kubagiraho ingaruka nziza bafite abafana babo hano nanjye mfite abanjye mu Burundi, tubashyize hamwe bwaba ari ubucuruzi bukomeye.”

Muri uyu mwaka kandi B Face yari yakoze indirimbo yise “Passport” yongeye kwidoga ku baraperi bo mu Rwanda kuko batamusubije ari nayo mpamvu kugeza n’ubu yiyita umwami wa Rap muri ibi bihugu byombi.

Ati “Ni njye mwami mu Rwanda no mu Burundi muri Hip Hop nta n’umwe wazamura umutwe, ubihakana nawe yajya kuri micro akivuga kuko uvugiye aho uri nk’umwana banywereye igikoma ntabwo uba ukomeje.”

Uyu muraperi avuga ko abahanzi bo mu Rwanda yaririmbye nta rwango na ruto abafitiye dore ko bose ashima ubuhanga bwabo, ndetse bamwe baje kuba inshuti ze. B Face yashimiye byimazeyo umuhanzi Tom Close witanze cyane kugira ngo indirimbo bakoranye irangire ndetse inamenyekane mu bantu.

B Face yiyita umwami wa Hip Hop mu Rwanda no mu Burundi

REBA IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE NA B FACE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Eric4 years ago
    Uyu mutype rwose!Nimumureke akomeze yiyite gutyo!Erega nanjye ndi umuyobozi wa ONU (mubitekerezo) hahaha!Mumureke yikine !muzamumbarize indirimbo 2 zizwi ze byibuze!Hanyuma muzamubwire ko atanaza imbere ya Bushali kdi ariwe wejobundi!
  • kibwa4 years ago
    iyo ndembe doreko itaba imbwa,ibona yakubakira amazina kurwanda???!!!?ddufite amateka arenze kuburyo akwiye kujya mubashi.niba atabyemera azaze ahure numwami w'abami ba hipapu,mugaraguze agati,muhekugati,muzirike kugati,nadahwerara azaba ikiragi.Niba akeneye nijwi rya street tuzarimwumvisha.Umurezi family w'umujyinga sanaaaaaaaaaaaaa.





Inyarwanda BACKGROUND