RFL
Kigali

Perezida Cyril Ramaphosa yakeje ubwiza bwa Kigali yemeza ko ari wo mujyi wa mbere usukuye muri Afurika

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:6/11/2019 13:55
0


Perezida w’Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yavuze ko umujyi wa Kigali ari wo mbere ufite isuku ku mugabane w’Afurika yemeza ko ari urugero ibindi bihugu bikwiye gufatiraho ndetse bikaba byarenzaho.



Ibi yabitangangrije mu kiganiro cyihariye yagiranye na televiziyo ya CNBC Africa cyagarutse ku cyane cyane ku iterambere ry’ubukungu bw’umugabane w’Afurika. Muri iki kiganiro umunyamakuru yabajije Perezida Cyril Ramaphosa icyo igihugu gifatwa nk’igihangange muri Afurika, cyigira ku gihugu cy’u Rwanda kiri kugaragaza umuvuduko mu iterambere maze avuga ko icya mbere ari isukuiranga umujyi wa Kigali. Ati:

Twigira byinshi ku Rwanda. U Rwanda rwageze kuri byinshi bitangaje, numvise abayobozi bacu bo mu nzego z’ibanze bajya mu Rwanda bajyanywe gusa no kujya kureba uko umujyi wa Kigali ukeye. Umujyi wa mbere usukuye muri Afurika. Narabwiye nti ‘nimubigireho mube nkabo cyangwa se munarenze Kigali.

Perezida Cyril Ramaphosa yongeyeho ko u Rwanda ari intangarugero mu bijyanye ko korohereza abashoramari aho n’igihugu cye cyatangiye gutanga ibyangombwa by’ubucuruzi mu gihe kitarenze umunsi umwe. Yagize ati:

Iyo ugeze mu Rwanda utangira ubucuruzi umunsi umwe ugahita ubona ibyangombwa byose. Natwe ni byo turi gukora Minisitiri Ibrahim Patel aherutse kwerekana uko turi kwerekeza aho mu masaha make, umunsi umwe uzajya ubasha kubona ibyangombwa byawe byose kugira wandikishe ubucuruzi bwawe, ubona icyangombwa cy’imisoro n’ibindi byose ukeney kwishyura.


Perezida wa Afurika y'Epfo Cyril Ramaphosa

Ibyegeranyo bitandukanye bisohoka buri mwaka bikunze gushyira umujyi wa Kigali ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’imijyi ifite isuku kandi itekanye. U Rwanda kandi ruza ku mwanya wa kabiri mu bihugu byorohereza abashoramari muri Afurika nk’uko byagaragajwe na raporo Doing Business 2019.


Kigali ni umujyi wa mbere usukuye muri Afurika mu mboni za Perezida Cyril

REBA HANO IKIGANIRO PEREZIDA CYRIL YATANGARIJEMO KO KIGALI ARI UMUJYI USUKUYE MURI AFURIKA








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND